Urubanza rw’ubugambanyi rwa Visi Perezida wa mbere wahagaritswe ku mwanya we muri Sudani y’Epfo, Riek Machar, rwatangiye kuri uyu wa Mbere mu murwa mukuru, Juba, mu gihe umwunganizi we avuga ko urukiko rudafite ububasha bwo kuburanisha uru rubanza.
Ifungwa rya Machar, afungiwe iwe mu rugo, kuva muri Werurwe ryateje ubwoba bwo kubura kw’intambara hagati y’abaturage nk’iyabaye mu mwaka wa 2013-2018 hagati y’ingabo z’amoko zo mu bwoko bwa Nuer n’abarwanyi b’Aba-Dinka bo ku ruhande rwa Perezida Salva Kiir.
Ishyaka rya SPLM-IO rya Machar ryanze ibirego aregwa hamwe n’abandi 20 bareganwa birimo ubwicanyi, ubuhemu n’ibyaha byibasiye inyokomuntu kubera uruhare bakekwaho mu bitero by’inyeshyamba za White Army ziganjemo Aba-Nuer mu majyaruguru y’uburasirazuba mu ntangiriro z’uyu mwaka.
Mu rukiko rwihariye, Machar yagaragaye yambaye ikositimu yijimye na karuvati y’ubururu bwa cobalt, ari nabwo bwa mbere agaragaye mu ruhame kuva yafungirwa iwe nk’uko tubikesha Reuters.


