2025-03-27T134805Z_886356752_RC2O-MADP_3_SOUTHSUDAN-SECURITY-MACHAR_MAIN_1

Juba: Perezida Kiir yirukanye Visi Perezida Machar nyuma yo gushinjwa ubugambanyi

Sangiza iyi nkuru

Visi Perezida wa mbere wa Sudani y’Epfo, Riek Machar, yashinjwe ubwicanyi, ubuhemu n’ibyaha byibasiye inyokomuntu kubera uruhare akekwaho kuba yaragize mu bitero by’umutwe witwara gisirikare ushingiye ku bwoko byibasiye ingabo z’igihugu muri Werurwe nk’uko byatangajwe na minisitiri w’ubutabera kuri uyu wa Kane ushize, itariki 11 Nzeri 2025.

Nyuma y’amasaha make Minisitiri abitangaje, Perezida Salva Kiir yahagaritse Machar ku mwanya we, nk’uko iteka ryasomwe kuri radiyo y’igihugu ryavuze, nta gutanga ibisobanuro birambuye.

Ibirego Machar aregwa n’ihagarikwa rye byongereye ubushyamirane hagati y’impande ebyiri za politiki zikomeye mu gihugu, urwa Machar n’urundi ruyobowe na Perezida Salva Kiir, zigeze guhangana mu ntambara hagati y’abaturage kuva mu 2013 kugeza mu 2018 aho abantu bagera ku 400.000 bapfuye.

Iri teka rivuga ko Perezida Salva Kiir yahagaritse kandi Minisitiri ushinzwe ibikomoka kuri peteroli, Puot Kang Chol, wareganwe na Riek Machar kimwe n’Umugaba w’Ingabo wungirije, Lt Gen Gabriel Duop Lam.

Kuva muri Werurwe, Machar afungiwe mu rugo kubera ibitero by’inyeshyamba z’umutwe bivugwa ko yaba atera inkunga, wiyise “White Army”, mu mujyi wa Nasir uherereye mu majyaruguru y’uburasirazuba.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *