Gen Mwaku wari wungirijwe na Gasita yapfiriye muri Uvira

Amakuru aturuka mu mujyi wa Uvira wo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aravuga ko Général de Brigade Daniel Mwaku wayoboraga akarere ka 33 ka gisirikare k’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yapfuye. Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Nzeri ni bwo uyu Ofisiye wayoboraga kariya karere ka gisirikare gakubiyemo intara za Kivu y’Amajyepfo […]
Kigali: Umunyerondo yakubiswe izakabwana n’abakekwaho ubujura

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu ahagana saa moya, umunyerondo wo mu Kagari ka Nyakabanda, Umurenge wa Niboye muri Kicukiro, yakubiswe n’itsinda ry’abasore bikekwa ko ari abajura. Ibi byabereye hafi ya Sonatubes. Byatangiye ubwo imodoka y’irondo yari ifite umusore bivugwa ko yari yafashwe afite ibyuma byibwe (bisanzwe bigurishwa ku kilo). Uwo musore yari ari […]
Perezida Kagame yerekeje i Doha kubonana na Emir wa Qatar

Perezida Kagame yageze i Doha aho mu bwami bwa Qatar, aho biteganyijwe ko abonana n’umuyobozi wa yo, Amir Tamim Bin Hamad bakagirana ibiganiro ku mubano w’ibihugu byombi. Akigera i Doha kuri uyu wa Gatanu, Perezida Kagame yakiriwe ku kibuga cy’indege na Sultan bin Saad bin Sultan Al Muraikhi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga […]
DRC, isanzwe ishyigikira FDLR, yaremye indi nyamaswa yitwa Wazalendo – Nduhungirehe

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko ibyo abategetsi ba Repubulika ya Demokarasi ya Congo, cyane cyane umuvugizi wa Guverinoma, Patrick Muyaya, bivugisha byose, bidahagije kugirango bahishe amarorerwa ari gukorerwa mu Mujyi wa Uvira, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, akorwa n’inyeshyamba za wazalendo biremeye. Yasaga nk’usubiza Patrick Muyaya wari umaze kwandika abinyujije kuri […]
Afurika y’Epfo: Imishahara y’abasirikare bavuye mu butumwa bwa SAMIDRC yaba yaranyerejwe

Itangazo ry’Igisirikare cya Afurika y’Epfo (SANDF) ryemeza ko hakemuwe ikibazo cy’amafaranga yagombaga kwishyurwa abasirikare bari mu butumwa bw’Umuryango w’Iterambere rya Afurika y’Amajyepfo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (SAMIDRC) ni ukubeshya nk’uko byatangajwe n’umwe mu badepite bagize Inama y’Igihugu y’Intara (NCOP). Ibi byatangajwe na Nicholas Gotsell wo mu Ishyaka riharanira Demokarasi (DA). Uyu abarizwa muri […]
Umusore umwe mubatemaguye umukobwa i Nyarugenge yafashwe

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko umwe mu basore bagaragara mu mashusho akomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga batema umuturage i Nyarugenge yamaze gufatwa, mu gihe gushakisha abandi babiri bahunze bigikomeje. Itangazo rya Polisi ryasohotse ku wa Gatanu tariki ya 12 Nzeri 2025, rivuga ko abo basore batatu bagaragaye bakubita ndetse banakomeretsa umuturage mu kagari ka Rwampara, […]
Viza ya Burkina Faso yagizwe ubuntu ku banyafurika

Leta ya Burkina Faso yatangaje ko yakuyeho amafaranga yishyurwaga n’abaturage b’ibihugu bya Afurika bashaka gusura icyo gihugu, mu rwego rwo korohereza urujya n’uruza rw’abantu n’ibicuruzwa. Minisitiri w’Umutekano, Mahamadou Sana yavuze ko iki cyemezo cyafashwe nyuma y’inama y’abaminisitiri yayobowe na Kapiteni Ibrahim Traoré, uyoboye igihugu kuva yafata ubutegetsi mu 2022. Yagize ati: “Uhereye ubu, umuturage uwo […]
Polisi y’u Rwanda iri guhigisha uruhindu abajura batemeye umuntu mu muhanda

Abaturage bo mu Karere ka Nyarugenge baravuga ko bamerewe nabi n’abajura babatega ku mihanda minini (kaburimbo) bakabambura ibyabo, ndetse rimwe na rimwe bakabasiga babakomerekeje bakoresheje imihoro n’ibyuma. Ibi byagaragaye nyuma y’amashusho yafashwe maze agakwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza abajura batatu bari mu gikorwa cyo kwambura abaturage bo mu Kagari ka Rwampara, mu Murenge wa Nyarugenge. […]
Uvira: Intumwa za guverinoma zahageze nyuma yo kwanga ko Gen. Gasita ahakorera

Intumwa za guverinoma zageze kuri uyu wa Kane, tariki ya 11 Nzeri, mu Mujyi wa Uvira, umurwa mukuru w’agateganyo w’Intara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma y’imyigaragambyo ikaze yamaganaga ishyirwaho rya Gen. Olivier Gasita Mukunda nk’umuyobozi wungirije w’akarere ka 33 ka gisirikare, ushinzwe ibikorwa n’ubutasi. Izi ntumwa ziyobowe na Minisitiri w’intebe wungirije akaba na minisitiri w’umutekano, Jacquemain […]
Juba: Perezida Kiir yirukanye Visi Perezida Machar nyuma yo gushinjwa ubugambanyi

Visi Perezida wa mbere wa Sudani y’Epfo, Riek Machar, yashinjwe ubwicanyi, ubuhemu n’ibyaha byibasiye inyokomuntu kubera uruhare akekwaho kuba yaragize mu bitero by’umutwe witwara gisirikare ushingiye ku bwoko byibasiye ingabo z’igihugu muri Werurwe nk’uko byatangajwe na minisitiri w’ubutabera kuri uyu wa Kane ushize, itariki 11 Nzeri 2025. Nyuma y’amasaha make Minisitiri abitangaje, Perezida Salva Kiir […]
Kinshasa: Benshi batawe muri yombi nyuma yo gutinza kugwa kw’indege ya perezida

Kuri uyu wa Kane, itariki ya 11 Nzeri, i Kinshasa, abakozi benshi bo mu kigo gishinzwe gutwara abantu n’ibintu mu kirere (RVA) batawe muri yombi. Barashinjwa gutinza kugwa indege ya Perezida Tshisekedi ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya N’djili. Umuyobozi w’inama y’ubutegetsi ya RVA, Tryphon Kin-Kiey Mulumba, yemeye ibyabaye, avuga ko habuze umuriro w’amashanyarazi bihungabanya imikorere […]
Imihanda izakoreshwa mu irushanwa ry’Isi ryo gusiganwa ku magare muri Nyarugenge

Imyiteguro yo kwakira Irushanwa ry’Isi ry’Umukino w’Amagare ‘2025 UCI Road World Championships’, rizabera i Kigali kuva ku wa 21 kugeza ku wa 28 Nzeri 2025 irarimbanije. Mu Karere ka Nyarugenge Imihanda izakoreshwa ni iyi ikurikira: Uhereye mu Kanogo-Rond Point-Yamaha-Nyabugogo-Giticyinyoni-Ruliba-Noruvege-Stade Nyamirambo-Kimisagara-Kwa Mutwe-ONATRACOM-Gitega-ahahoze Gereza-Downtown-Peyaje-SOPETRAD Akarere ka Nyarugenge kibifurije abagatuye kuzaryoherwa n’iri rushanwa ry’amagare ribereye ijisho rizaba ribera […]