Jean-Marc Kabund wari Perezida w’agateganyo w’ishyaka UDPS riri ku butegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yegujwe anirukanwa burundu kuri uyu wa 29 Mutarama 2022.
Iki cyemezo cyafashwe n’akanama gashinzwe imyitwarire muri iri shyaka, nyuma y’aho yanze kwitabira ubutumire yari yahawe kugira ngo agire ibyo abazwa.
Perezida w’aka kanama, Victor Wakwenda yatangaje ati: “Bitewe n’amakosa akomeye ashinjwa, komisiyo ishinzwe imyitwarire yafashe ibi byemezo: Icya mbere, kwambura Jean-Marc Kabund inshingano zose muri UDPS. Icya kabiri, gukura Kabund mu ishyaka UDPS hashingiwe ku ngingo ya 8, igika cya 4 muri sitati igenga ishyaka.”
Itumizwa muri iri shyaka rya Kabund ryakurikiye icyemezo aherutse gutangariza kuri Twitter ko yeguye ku nshingano ya Visi Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya RDC, nyuma y’aho abasirikare barinda Umukuru w’Igihugu bazwi nka GR bateye urugo rwe, bagata muri yombi abapolisi bamurinda kuko ngo bari bakubise mugenzi wabo.
Mu butumwa Kabund yatangaje, yavuze ko yafashe iki cyemezo mu rwego rwo kwamagana agasuzuguro. Gusa mu gihe atari yakagishyize mu bikorwa, Umuyobozi w’ibiro bye aherutse gutangaza ko atacyeguye.
Ariko nyuma yo kwirukanwa muri iri shyaka, Kabund arasabwa kurekura izi nsingano zombi; mu ishyaka no mu Nteko.


