Inkongi y’umuriro ikomeye kuri uyu wa Gatatu yibasiye inyubako izwi nka l’Espace iherereye ku Kacyiru mu karere ka Gasabo.
Byabaye mu mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 6 Nzeri 2023.
Amashusho yafashwe na Televiziyo y’u Rwanda yerekana umuriro mwinshi ugurumana hafi ya Sitasiyo icuruza ibikomoka kuri Peteroli iri kuri iriya nyubako.
Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Boniface Rutikanga, yatangaje ko nyuma y’iriya nkongi hahise hatangira ubutabazi bw’ibanze, gusa avuga ko amakuru arambuye ku cyayiteye ataramenyekana.
Polisi mu butumwa yanditse kuri Twitter saa 19:25 z’umugoroba, yavuze ko “umuriro wazimijwe, Isomero rikuru rya Kigali na Sitasiyo ya esanse ya Engen nta kibazo byagize.”
Byari nyuma y’akazi kakozwe n’Ishami rya Polisi ishinzwe kuzimya inkongi.


