Kakwenza ukunze kwibasira Museveni n’umuhungu we yatorotse igihugu

Sangiza iyi nkuru

Umwanditsi w’Umugande, Kakwenza Rukirabashaije ukunze kwibasira Perezida Yoweri Kaguta Museveni n’umuhungu we, Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba, yamaze gutoroka igihugu.

Umunyamategeko wamwunganiraga mu rukiko, Eron Kiiza yemereye aya makuru abanyamakuru batandukanye kuri uyu wa 9 Gashyantare 2022.

Uyu munyamategeko yatangarije televiziyo NTV ati: “Kakwenza yavuye muri Uganda kubera impungenge z’ubuzima bwe, kandi azaba ashaka inzira ijya mu gihugu cy’i Burayi mu masaha make ari imbere. Ntabwo yari kuguma hano kubera ko ubuzima bwe buri mu kaga.”

Kakwenza watawe muri yombi mu Kuboza 2021 azira gutuka Perezida Museveni na Gen. Kainerugaba aherutse gufungurwa by’agateganyo atanze ingwate, kugira ngo abone uko yivuze inkoni avuga ko yakubiswe n’abasirikare bakomeye ubwo yari muri kasho.

Yaherukaga gusaba kwemererwa kujya kwivuriza ku mugabane w’Uburayi ariko urukiko rwa Buganda rumuburanisha ntirwamwemerera.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *