Kamonyi: Imibiri isaga 100 y’abishwe muri jenoside yavumbuwe mu kigo cy’ababikira

Sangiza iyi nkuru

Nibura imibiri 108 y’abantu bishwe muri jenoside yataburuwe mu Karere ka Kamonyi mu gihe hibukwa ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi, nk’uko umuyobozi w’akarere ka Kamonyi, Sylvere Ndahayo, yabitangarije The New Times.

Abayobozi bavuga ko iyi mibiri izashyingurwa mu cyubahiro mu cyumweru gitaha.

Ndahayo yavuze ko muri iki cyumweru imibiri 37 y’abishwe muri jenoside yakuwe mu Murenge wa Mugina mu gihe 71 yavumbuwe mu Murenge wa Nyamiyaga.

Ibi byabaye ku ya 8 Mata ubwo bacukuraga umwobo wo gufata amazi y’imvura mu kigo cy’ababikira cya St. Anne mu Mudugudu wa Mikamba, Akagari ka Mbati, mu Murenge wa Mugina.

Egide Ndayisaba, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mugina, yavuze ko Abatutsi benshi biciwe mu gace kavumbuwemo iyi mibiri.

Ati: “Gushakisha bizakomeza ku bufatanye n’abaturage baho. Ibi byerekana ko abaturage bamwe bazi aho imibiri y’abishwe muri jenoside iherereye ariko bakanga gusangiza amakuru ”.

Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Abatutsi benshi bakomoka muri ako gace ndetse n’abari bahunze na bo biciwe mu Murenge wa Nyamiyaga.

Umwaka ushize muri uyu Murenge wa Nyamiyaga, imibiri 46 y’abantu bishwe muri jenoside yavumbuwe ubwo bari bari gusiza ikibanza.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Kamonyi: Imibiri isaga 100 y’abishwe muri jenoside yavumbuwe mu kigo cy’ababikira
    Wasanga muri iyo mibiri harimo iy’abana twiganye muri APEGIRUBUKI pendant la guerre,abitwa ba:Jeane,Ngarambe Umugwaneza Theresa nakundaga yari mushiki wa Ngarambe.Mana we!.

  2. Kamonyi: Imibiri isaga 100 y’abishwe muri jenoside yavumbuwe mu kigo cy’ababikira
    Wasanga muri iyo mibiri harimo iy’abana twiganye muri APEGIRUBUKI pendant la guerre,abitwa ba:Jeane,Ngarambe Umugwaneza Theresa nakundaga yari mushiki wa Ngarambe.Mana we!.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *