Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu ya Zambia y’abagore, Barbra Banda, yanditse amateka yo kuba umugore wa mbere utsinze hat-tricks (ibitego bitatu mu mukino umwe) ebyiri zikurikiranye mu mateka y’imikino Olempike.
Uyu mukobwa w’imyaka 21 y’amavuko yaherukaga gutsinda ibitego bitatu mu mukino we na bagenzi be banyagiwemo n’ikipe y’Igihugu y’u Buholandi ibitego 10-3, mbere yo kubisubira kuri uyu wa Gatandatu Zambia inganya n’u Bushinwa ibitego 4-4.
Ni mu mikino Olempike iri kubera i Tokyo mu gihugu cy’u Buyapani.
Banda usanzwe ukinira ikipe ya Shanghai Shengli yo mu Bushinwa, kuri ubu ayoboye abatsinze ibitego byinshi mu mateka y’imikino Olempike aho amaze gutsinda bitandatu.
Cyakora cyo n’ubwo iyi nkumi ikomeje kwandika amateka muri iriya mikino, ntibibuza Zambia kuba iri ku mwanya wa nyuma mu tsinda F n’inota rimwe, mbere yo guhura na BrĂ©sil ku wa Kabiri w’icyumweru gitaha.


