Karasira yasabye kwemererwa kugera kuri konti ze akishakira umwunganizi

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kabiri, Aimable Karasira yasabye ko amafaranga ye yafatiriwe n’ubutabera yayabona akayifashisha yishakira umwinganizi kuko adashaka gukomeza kunganirwa n’ymunyamategeko yahitiwemo.

Karasira yabwiye urukiko ko agomba kuburana yunganiwe kandi adashaka umwunganira ahawe n’urugaga rw’abunganira abandi mu mategeko batangwa ku muntu utifashije, avuga ko we afite imitungo ihagije yamufasha kubona abamwunganira mu rubanza gusa yafatiriwe, asaba ko irekurwa.

Ubushinjacyaha bugaragaza ko bwafatiriye amafaranga ye nk’akomoka ku cyaha, ari hagati ya miliyoni 30 na 40 z’amafaranga y’u Rwanda, Kandi ko umutungo wose wa Karasira wafatiriwe kuko uri mu bigize icyaha.

Kuri ibi Karasira yagize ati: “ibyo kuyafatira ndabyemera rwose nibakomeze bayafatire kuko ari nk’ibizibiti”.

Ku rundi ruhande ariko avuga ko hari umutungo w’amafaranga, amadorali, n’ama Euro uri mu mabanki atandukanye urenga miliyoni 100 z’amanyarwanda avuga ko nawo wafatiriwe mu buryo atazi – amwe muri ayo mafaranga yavuze ko yayashyize muri za banki mbere y’umwaka 2000.

Anavuga ko afite n’undi mutungo ugizwe n’ibibanza 15 nabyo yakwifashisha nk’umutungo we nk’uko iyi nkuru dukesha BBC ivuga.

Yibajije impamvu banga ko akoresha umutungo we yiyishyurira abamwunganira kandi mu rubanza ku ifunga n’ifungurwa yaremerewe kubona miliyoni zirindwi zivuye kuri uwo mutungo akishyura abamwunganiraga.

Umushinjacyaha yavuze ko umutungo wose wa Karasira wafatiriwe kuko uri mu bigize icyaha, avuga ko mu byaha Karasira aregwa harimo no kutagaragaza inkomoko y’umutungo we.

Ati: “niba ashaka kugaragaza aho akomora umutungo we araba yatangiye kwinjira mu rubanza mu mizi”.

Karasira wahoze yihisha muri Kaminuza y’u Rwanda, ashinjwa ibyaha bitandatu birimo guhakana jenoside, guteza imvururu muri rubanda, no kuterekana inkomoko y’umutungo we. Ibi byaha byose arabihakana.

Me Gatera Gashabana wari usigaye mu rubanza yunganira Karasira nawe yivanye mu rubanza muri Gicurasi ku mpamvu yavuze ko ari ize bwite.

Urukiko rwavuze ko Karasira afite amahitamo atatu; kwiburanira atunganiwe, kwishyura abamwunganira, cyangwa akanyura mu nzira zisanzwe zo gufashwa n’urugaga rw’abunganira abatishoboye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *