Umugabo wari mu bakuriye impunzi z’Abanyarwanda muri Mozambique yishwe arashwe amasasu atandatu ku mugoroba wo ku wa mbere ageze hafi y’iwe mu murwa mukuru Maputo, nk’uko ukuriye ishyirahamwe ry’izo mpunzi, Cléophas Habiyaremye, abivuga. Révocat Karemangingo, wari ushinzwe komisiyo y’umutungo muri iryo shyirahamwe, yarashwe n’abantu bari mu modoka ya Toyota Fortuner, nk’uko bivugwa na Cléophas Habiyaremye ukuriye iryo shyirahamwe. Polisi ya Mozambique nta cyo iratangaza kuri ubu bwicanyi. Habiyaremye avuga ko ubwo Karemangingo yari mu modoka nto yo mu bwoko bwa Toyota Vitz agana iwe ahitwa Liberdade, imodoka ebyiri zamwitambitse imwe imbere indi inyuma. Yabwiye BBC ati: “Yari ari hafi kugera iwe, abari mu modoka ya Toyota Fortuner ni bo bamurashe bari hejuru we ari hasi mu modoka ntoya, bamurashe amasasu atandatu.” Habiyaremye avuga ko polisi yageze ahabereye ubu bwicanyi igakora akazi kayo ariko kugeza ubu nta muntu urafatwa akekwaho uruhare muri ubwo bwicanyi. Ku mpamvu zaba zateye kwicwa kwe, Habiyaremye avuga ko Karemangingo nta kindi yakoraga uretse ubucuruzi, ko atakoraga politiki kuko ari impunzi. Karemangingo ari mu baketsweho uruhare mu rupfu rwa Louis Baziga wahoze ahagarariye diaspora y’u Rwanda muri Mozambique warashwe agapfa i Maputo mu 2019. Habiyaremye avuga ko Karemangingo – wahoze ari umusirikare mu ngabo z’u Rwanda zitwaga FAR ku ipeti rya Lieutenant – yagizwe umwere kuri icyo kirego. Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV



2 Responses
Karemangingo yishwe arashwe amasasu atandatu- Ishyirahamwe ry’Abanyarwanda muri Mozambique
Yishwe n’abantu bafite ingufu.Ntabwo ari reglement de compte hagati y’abantu 2.
Karemangingo yishwe arashwe amasasu atandatu- Ishyirahamwe ry’Abanyarwanda muri Mozambique
Yishwe n’abantu bafite ingufu.Ntabwo ari reglement de compte hagati y’abantu 2.