Karongi: HCR irihanganisha umuryango wabuze uwabo mu nkambi ya Kiziba

Sangiza iyi nkuru

Ishami rya Loni rishinzwe kwita ku Mpunzi ( HCR ) ryatangaje ko ryihanganishije umuryango wabuze uwabo mu Nkambi ya Kiziba iherereye mu karere ka Karongi, Intara y’i Burengerazuba, ikaba ibarizwamo impunzi z’Abanyecongo.

Umuntu umwe yarapfuye abandi benshi barakomereka nyuma y’imvururu zavutse ku wa Gatatu tariki ya 2 Gicurasi 2018, hagati y’impunzi z’Abanyecongo ziri mu nkambi ya Kiziba na polisi y’u Rwanda.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na HCR kuri uyu 4 Gicurasi 2018, i Geneve mu Busuwisi, umuvugizi w’iri shami, Andrej Mahecic  yagarutse kuri izi mvururu ndetse anihanganisha umuryango wabuze uwabo.

Ubwo izi mvururu zavukaga, umwe mu mpunzi yarakomeretse bikabije, ajyanwa mu bitaro  bya Kibuye, apfa nyuma y’igihe gito kubera ibyo bikomere.

HCR irasaba polisi y’u Rwanda n’impunzi za Kiziba, kwirinda ko habaho izindi mvururu, igasaba ko mu gihe habayeho ikibazo cyakemurwa mu buryo bw’amahoro.

Ibicishije ku rukuta rwayo rwa Twitter ubwo izo mvururu zari zihoshejwe, Polisi yagize iti “Uyu munsi abaturage biganjemo abasore bateye amabuye n’ibyuma abapolisi bakora irondo, 23 muri bo bafashwe bashyikirizwa ubugenzacyaha. Polisi irakangurira impunzi kubaho mu ituze, kubahiriza amategeko no kubaha abashinzwe umutekano nk’abandi baturarwanda”.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Imicungire y’Ibiza n’impunzi mu Rwanda (MIDIMAR), kuri uyu wa 4 Gicurasi 2018, itangaza ko muri izo mvururu umwe mu mpunzi yahasize ubuzima, ikanibutsa izi mpunzi ko uzashaka gutaha iwabo muri Congo atazatambamirwa.

MIDIMAR itangaza ko Leta y’u Rwanda ku bufatanye na HCR n’indi miryango yita ku mpunzi, bazakomeza ubufatanye mu kubungabunga amahoro n’umutekano wabo kandi banagezwaho inkunga bagenerwa nk’uko byari bisanzwe mu gihe cy’imyaka 22 ishize.

Inkambi ya Kiziba icumbitsemo impunzi z’abanye-Congo zigera ku 17 000, biganjemo urubyiruko n’abana. Iyi nkambi yashinzwe aha Kiziba mu murenge wa Rwankuba muri Karongi kuva mu 1996.

Ku nkambi ya Kiziba imyigaragambyo yatangiye  kuva mu matariki 15 Gashyantare 2018,ariko imbere mu nkambi. Nyuma baza guhaguruka igihiriri bavuga ko batashye ariko bajya kuri UNHCR i Karongi baba ariho bakambika.

Iyi myigaragambyo yasize abagera kuri 11 mu mpunzi bahasiga ubuzima abandi barakomereka, barimo n’abo ku ruhande rw’abashinzwe umutekano.

Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya

YouTube player

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *