Karongi: Impunzi zo mu nkambi ya Kiziba zateye amabuye n’ibyuma abapolisi

Sangiza iyi nkuru

Polisi y’u Rwanda iratangaza ko yataye muri yombi abantu 23 nyuma yaho abapolisi bari ku irondo batewe amabuye n’ibyuma n’abo mu nkambi ya Kiziba  biganjemo abasore.

Ibicishije ku rukuta rwayo rwa Twitter kuri uyu wa Gatatu itariki ya 2 Gicurasi 2018, Polisi y’igihugu irasaba impunzi zo muri iyi nkambi ya Kiziba kubaho mu ituze zinubahiriza amategeko nk’abandi Baturarwanda.

Igira iti “Uyu munsi abaturage biganjemo abasore bateye amabuye n’ibyuma abapolisi bakora irondo, 23 muri bo bafashwe bashyikirizwa ubugenzacyaha. Polisi irakangurira impunzi kubaho mu ituze, kubahiriza amategeko no kubaha abashinzwe umutekano nk’abandi baturarwanda”.

Polisi y’ u Rwanda itangaza ko ikomeje igikorwa cyo kubungabunga umutekano mu nkambi y’impunzi ya Kiziba, hagamijwe kubahiriza amategeko no kugarura ituze mu mpunzi.

Ibi bikorwa by’urugomo bibaye mu gihe ku wa Mbere itariki 30 Mata 2018, Minisitiri w’Imicungire y’ibiza n’impunzi (MIDIMAR) yasohoye itangazo yageneye abanyamakuru ivuga ko yakuyeho komite yari ihagarariye izi mpunzi, ishinjwa kuzigumura.

Inkambi ya Kiziba icumbitsemo impunzi z’abanye-Congo zigera ku 17 000, biganjemo urubyiruko n’abana. Iyi nkambi yashinzwe aha Kiziba mu murenge wa Rwankuba muri Karongi kuva mu 1996.

Ku nkambi ya Kiziba imyigaragambyo yatangiye  kuva mu matariki 15 Gashyantare 2018,ariko imbere mu nkambi. Nyuma baza guhaguruka igihiriri bavuga ko batashye ariko bajya kuri UNHCR i Karongi baba ariho bakambika. Iyi myigaragambyo yasize abagera kuri 11 mu mpunzi bahasiga ubuzima abandi barakomereka, barimo n’abo ku ruhande rw’abashinzwe umutekano.

New Picture 4

Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya

YouTube player

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *