Kenya: 11 biganjemo abapolisi bishwe n’abajura b’inka

Sangiza iyi nkuru

Abantu 11 barimo abapolisi umunani, biciwe mu majyaruguru ya Kenya nyuma yo gutegwa igico n’abajura b’inka birukankagaho.

Agace aba bantu uko ari 11 biciwemo, kamaze igihe karangwamo cyane ubujura bw’inka ahanini kubera amapfa yatumye inzuri n’amazi biba ingume.

Polisi ya Kenya ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter, yatangaje ko kiriya gico “cy’ubugizi bwa nabi kandi cy’ubugwari” cyabereye mu ntara ya Turkana ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize.

Polisi yavuze ko mu bapfuye umunani muri bo bari abapolisi, babiri ari abasivile mu gihe undi umwe yari umutware mu gace ka Kamuge buriya bwicanyi bwabereyemo.

Abapolisi bishwe bari bakurikiye abantu bo mu bwoko bw’aba-Pokot bari bateye muri Kamuge, hanyuma bagasahurayo inka nk’uko AFP dukesha iyi nkuru yabitangaje.

Si ubwa mbere muri Kenya abapolisi b’iki gihugu bicwa n’abajura b’inka. Nko m’Ugushyingo 2012 abapolisi 40 biciwe mu gico bari batezwe, ubwo bari bakurikiye abajura b’inka mu gace ka Baragoi na ko gaherereye mu majyaruguru ya kiriya gihugu.

Muri Kanama 2019 bwo abantu 12 barimo abana batatu biciwe mu bitero bibiri abajura b’inka bo mu bwoko bw’aba-Borana bagabye mu majyaruguru ya Kenya.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *