Inzego z’umutekano muri Kenya zirimo Polisi, zafashe ingamba zikomeye mbere y’uko urukiko rw’ikirenga rutangaza umwanzuro warwo ku matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye tariki ya 9 Kanama 2022.
Tariki ya 15 Kanama ni bwo Umuyobozi Mukuru wa komisiyo y’amatora izwi nka IEBC, Wafula Chebukati, yatangaje ko Dr William Ruto yatsinze aya matora ku majwi 50.49%, Raila Odinga agira 48.85%.
Ihuriro ry’imitwe ya politiki, Azimio la Umoja Odinga yahagarariye ryateye utwatsi ibyatangajwe na Wafula, rivuga ko ryibwe amajwi, ryitabaza urukiko rw’ikirenga kugira ngo ruzerekane ukuri.
Nyuma y’isuzuma urukiko rw’ikirenga rumaze iminsi rukora ku kirego no kwiregura kwa Wafula n’ihuriro Kenya Kwanza rya Ruto, kuri uyu wa 5 Nzeri 2022 ruratangaza umwanzuro.
Mbere y’uko umwanzuro utangazwa, Polisi ya Kenya yasabye Abanyakenya kutazegera uru rukiko cyangwa ngo bateranire hamwe mu gihe bazaba bategereje kuwumva. Basabwe kuzaguma mu ngo.
Polisi kandi yafashe icyemezo cyo kuzaba ifunze imihanda itatu yerekeza ku rukiko rw’ikirenga mbere y’itangazwa ry’umwanzuro warwo kuri aya matora.
Yagize iti: “Turagira abaturage inama yo kwirinda guteranira ku rukiko rw’ikirenga mu gihe cyo gutangaza umwanzuro cyangwa kwirinda guteranira ahahurira abantu benshi, ahubwo bagakurikiranira mu ngo. Abantu ntibazemererwa kugera ku rukiko ndetse imihanda yose iherekeza izafungwa. Polisi yo mu muhanda izoherezwa iyobore urujya n’uruza.”
Polisi ya Kenya yasabye abaturage gutuza, ibizeza ko yakajije umutekano by’umwihariko ku bikorwaremezo by’ingenzi cyane mu gihe hategerejwe umwanzuro w’urukiko. Ati: “Tuboneyeho kwizeza Abanyakenya ko umutekano wabo n’ibyabo wakajijwe.”



2 Responses
Kenya: Hafashwe ingamba zikomeye z’umutekano mbere y’uko urukiko rutangaza umwanzuro ku matora aherutse
Ayomatora yakenya bayatangaza sahangahe mwihangane abatsindwa muzoshikigwa hanyuma
Kenya: Hafashwe ingamba zikomeye z’umutekano mbere y’uko urukiko rutangaza umwanzuro ku matora aherutse
Ayomatora yakenya bayatangaza sahangahe mwihangane abatsindwa muzoshikigwa hanyuma