Mu gihe mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki ya 5 Ukuboza 2016 abaganga bo mu mujyi wa Nairobi muri Kenya babyukiye mu myigaragambyo basaba kwishyurwa imishahara yabo no kuba leta itubahiziza amasezerano bafitanye, ubuzima bw’abarwayi babarirwa mu Magana ngo buri mu kaga kubera kubura ubitaho abenshi bakaba batakiri mu bitaro.
[ad id=”44145″]
Inkuru dukesha ikinyamakuru Daily nation cyo muri iki gihugu cya Kenya, kivuga ko abarwayi benshi bari mu bitaro bimwe na bimwe byo muri uyu muyjyi bahisemo kwisubirira iwabo batavuwe mu gihe abandi bakomeje kuryama ahantu hatandukanye ku bitaro bari bonyine.

Aba baganga bafashe umwanzuro wo kwirara mu mihanda hirya no hino mu gihugu nyuma y’uko ku mugoroba wo kuri iki cyumweru hari habanje kuba inama, abaganga bose bakemeza imyigaragambyo mu gihe leta ntacyo ikoze ngo ibishyure umwenda ibabereyemo.
[ad id=”44145″]
Aba baganga bavuga ko hari amasezerano bagiranye na leta muri 2013, ariko leta ikaba yaranze kuyubahiriza bityo nubwo uyu munsi aribwo imyigaragambyo isa niyatangijwe ku mugaragaro, aba baganga ngo bari bamaze igihe badakora akazi kabo neza.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com


