Ku wa Gatandatu, Perezida wa Kenya, William Ruto, yatangaje ko we na Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, bazafasha mu kunga Ethiopia na Somaliya mu makimbirane ashobora kurushaho guhungabanya akarere k’Ihembe rya Afurika.
Ethiopia idakora ku nyanja, ifite ingabo ibihumbi muri Somaliya zifasha kurwanya inyeshyamba zifitanye isano na al Qaeda, yarakaje Leta ya Mogadishu ishaka kubaka icyambu mu karere kayo kigenga bicagase ka Somaliland nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ivuga.
Somaliland, kugira ngo icyambu gishobore kubakwa yari yiteze kwemerwa nk’igihugu cyigenga na Ethiopia, igowe no kwemerwa ku rwego mpuzamahanga nk’igihugu cyigenga nubwo yiyobora kandi ikagira amahoro ugereranyije n’ahandi kuva yatangaza ubwigenge mu 1991.
Amacakubiri yegereje Somaliya hafi ya Misiri, imaze imyaka myinshi itongana na Ethiopia kubera ko Addis Abeba yubatse urugomero runini rw’amazi ku ruzi rwa Nili, na Eritrea, umwe mu banzi ba Ethiopia.


