Kenya: Umugore yazengurutse umujyi wa Nairobi n'icyapa cyanditseho ko ashaka umugabo (Amafoto)

Sangiza iyi nkuru

Umugore wo muri Kenya w’imyaka 28 yatunguye abantu ubwo yagaragaraga mu muhanda mu mujyi wa Nairobi yambaye imyenda y’abageni ari kumwe n’umwana we w’umukobwa w’imyaka 7, uyu mugore afite icyapa kinini cyanditseho amagambo avuga ko ashaka umugabo.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
nyambu Uyu mugore witwa Pris Nyambura ubyaye rimwe, yazengurutse mu duce dutandukanye ry’umujyi n’icyo cyapa n’abana yari yarimbishije nk’abamutahiye ubukwe, ariko abantu benshi batungurwa n’ibyari byanditse ku cyapa kinini yari afite mu ntoki cyanditseho ko ashaka umugabo, afite umwana umwe ndetse hasi hagasozaho nimero ze za telefoni.
pris nyambura
Bbc dukesha iyi nkuru yavuze ko yagerageje guhamagara nimero ya telefoni yari kuri icyo cyapa ariko bagasanga ari kuyivugiraho ntibabasha kumvikana.
pris
Kugeza ubu, bwiza.com yasanze ibitangazamakuru bitandukanye byo muri Kenya bivuga ko bitaramenya neza niba uyu mugore yaba yaje gusubizwa, dore ko izo nimero ziri ku cyapa yitwaje abari kuzihamagara ngo ari benshi.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
woman
Ku mbuga za Twitter na Facebook, bamwe baranenga uyu mugore ku mwanzuro yafashe wo gushakisha umugabo muri ubwo buryo, aho bamwe bibaza niba ari gushaka se w’umwana cyangwa ari undi mugabo wo kubana na we yishakira ariko abandi bakavuga ko hatari bubure umugabo w’umugiraneza uri bwumve akababaro ke.
1621018
Ni mu gihe abandi banshi bamugaye ku buryo yakoresheje umwana ukiri muto, aho bavugaga ko ari ukumuhesha isura mbi kandi akiri muto bityo bikaba byazamwicira ahazaza.
nai woman
97476330 30794440 1032 4587 be8a 2327b34e93e3
1621019 1
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Gentille@Bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *