Kenya: Umunyapolitiki w’ishyaka rya Perezida Kenyatta yatumijweho nyuma yo kuvuga ko bibye amatora

Sangiza iyi nkuru

Umunyapolitiki w’Umunyakenyakazi, Sabina Wanjiru Chege uharariye ishyaka Jubilee riri ku butegetsi mu Karere ka Murang’a, yatumijweho na Komisiyo yigenga ishinzwe amatora, IEBC, nyuma yo kuvuga ko bibye amajwi mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye mu mwaka w’2017.

Aya magambo Sabina yayatangarije mu gikorwa cyo kwamamaza umunyapolitiki utaravugaga rumwe n’ubutegetsi, Raila Odinga, cyabereye mu gace ka Isibuye mu Karere ka Vihiga kuri uyu wa 10 Gashyantare 2022.

Sabina avuga ku bemeza ko Jubilee yibye amajwi, yatangarije abitabiriye iki gikorwa ati: “Murabizi ko numvise hariya muri Centaral bavuga ngo twarabibye. Harimo ukuri gukeya. Ariko se niba tuzi kwiba, ubwo ubutaha tuzakora iki? Kuki batekereza ko ari bo banyabwenge?”

Nyuma yo gutangaza aya magambo, Sabina yokejwe igitutu n’abandi banyepolitiki babarizwa mu yandi mashyaka, barimo Visi Perezida William Ruto ushaka kuzasimbura Perezida Uhuru Kenyatta ku ntebe y’Umukuru w’Igihugu.

Ubwo yiyamamarizaga mu gace ka Kuresoi mu Karere ka Nakuru kuri uyu wa 11 Gashyantare, Ruto yavuze ko bamenye ko hari umugambi wo kwibwa amajwi, agaragaza ko nta mpungenge bafite kuko bizeye kuzatorwa.

Nk’uko Citizen Digital yabitangaje, Ruto yagize ati: “Abo duhatanye bemeye ko twabatsinze muri gahunda yacu no mu buryo bw’amajwi, intego yabo ni ukwiba amajwi. Turagira ngo tubabwire ko tubiteguye. Dufite Imana n’Abanyakenya mu ruhande rwacu.”

Umudepite Aden Duale uhagarariye agace ka Garissa yasabye Perezida Kenyatta n’Umuyobozi Mukuru wa IEBC kugira icyo bavuga kuri iyi yibwa ry’amajwi Sabina yemeje ko ryabaye kandi rizanaba mu matora azaba muri Kanama 2022.

Duale yagize ati: “Perezida akwiye kuvuga uyu munsi, akabwira Abanyakenya niba yaribye amajwi mu 2017. Umuyobozi Mukuru wa IEBC, Wafula Chebukati, ukwiye kuvuga ko byo Sabina Chege yatangaje, ko wibye amajwi ufasha Uhuru Kenyata kandi ko mu 2022 hari umugambi wo kwiba amajwi. IEBC ikwiye kuvuga kuri iki kibazo, ntabwo ari ikibazo gito.”

Mu kanya gashize imaze gutangaza ko IEBC yamaze lkwandikira Sabina, imuhamagara kugira ngo tariki ya 15 Gashyantare 2022 azitabe, atange ibisobanuro kuri ubu bujura bw’amajwi yemeje ko bwabaye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *