Kenya: Urujijo ni rwose mu matora ya Perezida wa Repubulika

Sangiza iyi nkuru

Urukiko rw’Ikirenga rwa Kenya rwananiwe guca urubanza rwo gusubika amatora kubera abacamanza batari bakwiye.

Umucamanza mukuru David Maraga yavuze ko bamwe mu bacamanza bari hanze y’igihugu abandi na bo bakaba batashoboye kugera mu rukiko kubera impamvu zitandukanye.

Uru rubanza rwari gucibwa nyuma yuko abaturage batatu bavuga ko Komisiyo y’amatora idashobora gukoresha amatora atabogamye kandi aciye mu mucyo.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Mu gihe abacamanza bagombaga kugera mu rukiko ari batanu, hageze 2 barimo Umucamanza mukuru ndetse na nugenzi we Isaac Lenaola bonyine.

Umucamanza mukuru wungirije Philomena Mwilu ntiyashoboye kujya mu rukikonyuma y’aho umushoferi we arasiwe ejo ku mugoroba.

Amatora yari ateganyijwe ejo ku wa Kane tariki ya 26 Ukwakira 2017. Abenshi bakomeje kwibaza niba azaba cyangwa azasubikwa.

Raila Odinga uhanganye na Perezida Uhuru Kenyatta yatangaje ko atari mu bazatorwa, nyamara ntiyasinye inyandiko imuvana muri ayo matora mu buryo budasubirwaho.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Ntakirutimana Deus/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *