Guverinoma y’u Burundi yemeye kwakira inkingo z’icyorezo cya COVID-19, nyuma y’igihe iki gihugu cyaranze kwakira izi nkingo.
U Burundi na Eritrea ni byo bihugu byonyine muri Afurika bitari byakakiriye inkingo za COVID-19 zatanzwe binyuze muri gahunda ya COVAX, nyuma y’uko Tanzania yazihawe na Leta zunze Ubumwe za Amerika mu minsi ishize.
Inkingo u Burundi buteganya kwakira byitezwe ko zizatangwa na Banki y’Isi.
Ni nyuma y’uko mu minsi ishize Leta y’iki gihugu yari yasabye Banki y’Isi inguzanyo ingana na $ miliyoni 78, mu rwego rwo kuyifasha guhangana n’icyorezo cya Virusi ya Corona.
Ni icyorezo kuri ubu gikomeje gufata indi ntera mu Burundi kuko imibare inzego zishinzwe ubuzima mu Burundi yerekana ko abantu 555 baheruka kwandura kiriya cyorezo mu ntara ya Kirundo yonyine, bigakekwa ko ubu bwiyongere buterwa na Virusi yihinduranyije ya Delta yagaragaye bwa mbere mu gihugu cy’u Buhinde.



2 Responses
Kera kabaye u Burundi bwemeye guhabwa inkingo za COVID-19
Hhhhh Tanzania umuyobozi w’uburundi yategetse birasekeje nkigihugu cyigenga ukagendera kumabwiriza y’ibibndi bihugu mbega uburundii ntubazi no kujijisha Koko? Ejo bakingiye Tanzania nayo ngo ivuye kwizima hhhh muteye isoni kbsa
Kera kabaye u Burundi bwemeye guhabwa inkingo za COVID-19
Hhhhh Tanzania umuyobozi w’uburundi yategetse birasekeje nkigihugu cyigenga ukagendera kumabwiriza y’ibibndi bihugu mbega uburundii ntubazi no kujijisha Koko? Ejo bakingiye Tanzania nayo ngo ivuye kwizima hhhh muteye isoni kbsa