Kevin Monnet-Paquet ugitegereje gukabya inzozi zo gukinira Amavubi yabonye ikipe nshya

Sangiza iyi nkuru

Rutahizamu Kevin Monnet-Paquet ugitegerejwe mu kipe y’Igihugu ‘Amavubi’, yamaze kwerekeza mu kipe yitwa Arris Limassol yo muri Chypre nyuma y’imyaka irindwi yari amaze muri Saint-Etienne yo mu Bufaransa.

Ikinyamakuru l’Equipe dukesha iyi nkuru cyatangaje ko Monnet-Paquet wahamagawe inshuro ebyiri mu kipe y’Igihugu ‘Amavubi’ ariko ntabashe kwitaba ubutumire bwayo, yasinye amasezerano y’umwaka umwe ashobora kongerwaho undi umwe muri iriya kipe.

Ikipe ya Arris Limassol yerekejemo yazamutse mu kiciro cya mbere mu mwaka w’imikino ushize.

Muri Gicurasi ni bwo Saint Etienne yatangaje ko itazakomezanya na Monnet-Paquet w’imyaka 32, nyuma y’uko mu myaka ibiri ye ya nyuma muri iriya kipe yakunze guhura n’imvune zikomeye.

Iyi kipe iri mu zifite ibikombe byinshi bya shampiyona y’u Bufaransa yayikiniye imikino 208 imushyira mu bayikiniye imikino myinshi.

Umwaka we wa nyuma yawukiniye ikipe ya Leins na yo yo mu cyiciro cya mbere mu Bufaransa yakiniye imikino 16.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *