Ubwiyongere bw’ubujura bukorwa n’abamotari bo mu Mujyi wa Kigali bwubuye muri iyi minsi bwatangiye guhangayikisha abatari bacye, aho usanga aba bamotari biba abagenzi batwaye bakiba abanyamaguru babashikuza ibintu bafite n’ibindi. Ibi bikaba byongeye kuvugwa nyuma y’uko hari hashize igihe iyi ngeso isa nk’iyacitse.
Ubusanzwe abamotari bazwiho kugira uruhare mu koroshya ingendo muri Kigali. Ariko, hamaze iminsi havugwa ko aba bamotari biba telephone, amafaranga ndetse n’udusakoshi babyambuye abagenzi mu masaha ya ninjoro ndetse rimwe na rimwe no ku manywa y’ihangu.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Felicitee Nibakure umwe mu bibwe n’umumotari aragira ati: “ Nahaye phone yanjye umumotari kugirango yumve neza aho nari nerekeje ariko yahise ahagurukana na telephone ”.
Undi witwa Gertrude Umulisa nawe aragira ati: “ Ubwo nahaga umumotari inoti ya 5000frw nyuma yo kunyishyuza 400, nari nizeye ko agiye kunsubiza, ariko yahise ahagurukana amafaranga yanjye .”
Mu byumweru bikeya bishize, polisi yataye muri yombi umumotari wari umaze gushikuza agasakoshi k’ibyangombwa umugenzi, kari karimo passport, ikarita yo kwivurizaho n’iya banki. Uyu mugenzi ariko yabashije gusigarana purake za moto umumotari yari atwaye yifashishwa mu kumuhiga arafatwa.
Abagore nibo akenshi usanga bibasirwa muri ubu bujura. Abayobozi b’amashyirahamwe y’abamotari bakaba bavuga ko abakora ibi bikorwa bigayitse ari abamotari batanditse muri aya mashyirahamwe ndetse batanagira n’impushya zo gutwara moto. Aba ngo kenshi bakora ijoro mu rwego rwo gukwepa abashinzwe umutekano nk’uko byemezwa na Ezechiel Nsekanukunze, ukuriye Ishyirahamwe “Twiyubake” ry’abamotari.
Iki kibazo cy’ubujura bw’abamotari nk’uko The East African ivuga, cyatumye mu mezi makeya ya mbere y’umwaka wa 2016, amashyirahamwe y’abakora aka kazi yongera kwandika bundi bushya moto zose n’abazikoresha.
Abakora aka kazi bakaba barasabwe gushyira ahagaragara telephone zabo n’iz’abashinzwe kubakurikirana ku ngofero z’umutekano zabo ndetse n’iz’abagenzi ku buryo umugenzi ugize ikibazo yazifashisha.
Abayobozi b’amashyirahamwe y’abamotari bakaba baramaganye iyi ngeso yongeye kwaduka nyuma y’uko yasaga nk’iyacitse, biyemeza kuyirwanya bivuye inyuma. Bemeje ko umumotari wanditse uzafatwa yiba azahita yirukanwa mu bijyanye no gutwara abagenzi.
Hagati aho. Polisi y’Igihugu nayo iremera ko koko iyi ngeso yongeye kubura, ikavuga ko izahangana n’iki kibazo uko bikwiye.
Uru rwego rw’umutekano rukaba rugira abagenzi inama yo kujya babanza kureba pulake ya moto bagiye gutega ndetse na numero ya telephone iba yanditse inyuma ku myambaro w’abamotari kuko ngo ibi bifasha gukurikirana uwakoze icyaha agatabwa muri yombi.
Gusa, abakora muri uru rwego rwa taxi-moto bakaba bavuga ko aba bajura badakwiye guhita bambika ibara abandi bamotari benshi bitwara neza mu kazi kabo.
Imibare itangwa n’Impuzamashyirahamwe y’amashyirahamwe y’abatwara abagenzi kuri moto, FERWACOTAMO, igaragaza ko igizwe n’amashyirahamwe 240, agizwe n’abanyamuryango basaga 78,000 abenshi muri bo bakorera mu Mujyi wa Kigali.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


