Kigali: Ubushinjacyaha bwashyikirijwe dosiye y’abakekwaho kwicira umushoferi mu kabari

Sangiza iyi nkuru

Abantu batatu batawe muri yombi mu cyumweru gishize bakurikiranyweho kwica umushoferi w’ikamyo w’Umurundi bivugwa ko bakubise kugeza apfuye ku manywa y’ihangu mu kabari kari ku muhanda w’I Kabuga, dosiye yabo yamaze gushyikirizwa ubushinjacyaha .

Uwishwe ni Emmanuel Muhizi, bivugwa ko yapfuye nyuma yo gukubitirwa mu kabari k’i Kabuga, mu nkengero za Kigali.

Nk’uko byatangajwe n’umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), Thierry Murangira, ngo dosiye y’abakekwa yashyikirijwe ubushinjacyaha bw’igihugu ku itariki ya 5 Ukuboza.

Amashusho y’uyu mushoferi arimo gukubitwa yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, bitera umujinya, nanone kubera ko amafoto yagaragazaga ibyo bintu byabaga hari abarimo kurebera.

Ifoto imwe, Muhizi yagaragaye anizwe n’abagabo babiri, mu gihe mu yandi yari yarambitswe hasi. Yapfuye ku munsi yakubitiweho, ku ya 28 Ugushyingo.
Aba bakekwa ni Elie Ahishakiye, umuyobozi w’akabari kavuzwe, Jean-Claude Habiyaremye, bouncer, na Juvenal Nshizimpumpu, umuzamu.

Mu iperereza ryibanze, Murangira yatangarije ikinyamakuru The New Times ko abakekwaho icyaha bemeye ko bakubise uwahohotewe bavuga ko ari igikorwa cyo kwihorera nyuma yuko Muhizi n’incuti ye izwi ku izina rya Arthur Niyonsenga, ngo bari babanje gukubita inshuti y’aba batatu bafunzwe muri Kanama.

Mu gihe bivugwa ko Niyonsenga yafatiwe icyaha akekwaho cyo muri Kanama, bivugwa ko Muhizi we atari yagihaniwe.

Biteganijwe ko ubushinjacyaha buzasuzuma iyi dosiye mbere yo kuyishyikiriza urukiko kugira ngo ruburanishwe.

Abafashwe nibaramuka bahamwe n’icyaha, bashobora guhanishwa igifungo kuva ku myaka 15 kugeza kuri 20, n’ihazabu y’amafaranga agera ku 7,000,000.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Kigali: Ubushinjacyaha bwashyikirijwe dosiye y’abakekwaho kwicira umushoferi mu kabari
    Birantangaje cane burya murwanda kwicumuntu bihanishwa igihano kiri hagati yimyaka 15 na 20 numva bwabundi bipfatwa nkibisanzwe kbx

  2. Kigali: Ubushinjacyaha bwashyikirijwe dosiye y’abakekwaho kwicira umushoferi mu kabari
    Birantangaje cane burya murwanda kwicumuntu bihanishwa igihano kiri hagati yimyaka 15 na 20 numva bwabundi bipfatwa nkibisanzwe kbx

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *