Gj-kkp6WUAAjYql

Kinshasa: Umuryango wa Col. Bahati mu gihirahiro nyuma y’ifungwa rye

Sangiza iyi nkuru

Col. Justin Bahati wa FARDC akomeje kuburirwa irengero nyuma yo gutabwa muri yombi i Kinshasa n’abasirikare bo mu mutwe ushinzwe kurinda umukuru w’igihugu.

Itabwa muri yombi bivugwa ko rinyuranyije n’amategeko rya Col. Bahati ryabaye mu gicuku cyo kuwa gatandatu, itariki 15 Gashyantare 2025 i Kinshasa nk’uko tubikesha Umuyobozi w’ikinyamakuru Afrikarabia, Christophe Rigaud.

Uyu munyamakuru avuga ko “abegereye Colonel Justin Bahati nta makuru bafite kuva yatabwa muri yombi n’ingabo zishinzwe kurinda umukuru w’igihugu ku wa Gatandatu itariki 15 Gashyantare saa sita z’ijoro.”

Biravugwa ko Col. Justin Bahati yari akuriye abashinzwe umutekano wa Gen. Delphin Kahimbi wahoze ari umuyobozi muri FARDC wapfuye mu buryo budasobanutse muri Gashyantare 2020, aho benshi batunze urutoki ubutegetsi bwa Tshisekedi babushinja kuba inyuma y’urupfu rwe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *