Kuri uyu wa Kane, itariki 20 Gicurasi, Urukiko rwisumbuye rwa Kinshasa rwatangaje ko rudafite ububasha bwo kuburanisha Kalev Mutond wahoze ari umuyobozi w’urwego rw’igihugu rushinzwe ubutasi (ANR).
Urukiko rwavuze ku rwego Kalev Mutondo yariho nk’umuyobozi mukuru mu buyobozi bwa Leta. Kubera iyo mpamvu, agomba kwitaba urukiko rw’ubujurire.
Umunyamategeko Muyambo akaba yasezeranyije ko kujuririra iki cyemezo nk’uko iyi nkuru dukesha Radio Okapi ivuga.
Kalev Mutondo arashinjwa guta muri yombi no gufunga binyuranyije n’amategeko, iyicarubozo, gufata abantu kinyamanswa no kugerageza kwica. Uyu nawe akaba yaratanze ikirego arega abantu bamushinja, cyane cyane Jean-Claude Muyambo wahoze ari umunyamategeko wa Lubumbashi.
Urubanza rwa Kalev kuri Muyambo rwasubitswe inshuro nyinshi kubera ko uregwa adahari.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


