Kirehe: Gitifu afunzwe ashinjwa gutera inda umwana w'imyaka 16

Sangiza iyi nkuru

Ku wa Kane tariki ya 15 Gashyantare 2018, nibwo hamenyekanye inkuru ivuga ko Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari  ka Nyamugari mu karere ka Kirehe, Intara y’i Burasirazuba yateye inda umwana w’umukobwa w’imyaka 16, akaba ari mu maboko ya polisi.
Bitangazwa ko uyu muyobozi yateye umwana inda ubwo yari umuyobozi w’ishuri yabanje kuyobora mbere y’uko ayobora umurenge, mu gihe hagikorwa iperereza uwo muyobozi akaba ari mu maboko ya polisi.
Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Muzungu Gerard mu kiganiro yagiranye na radiyo dix dukesha iyi nkuru, avuga ko uyu mwana ngo ubu yamaze kubyara umwana w’umwaka umwe n’igice, gusa ngo uyu gitifu akaba yarayimuteye ataraba umuyobozi w’Umurenge.
Uretse kuba yaramuteye inda, ngo yongeyeho no kumukoresha akazi ko mu rugo nk’umukozi we kuko yamukoreraga, cyane ko uyu mwana ari n’imfubyi.
Mu gihe umubare w’abangavu baterwa inda ukomeje kuzamuka, Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango igaragaza ko muri 2016 abana b’abakobwa bagera ku 17 500 batewe inda zitateguwe bibagiraho ingaruka zirimo no kuva mu ishuri.
Naho imibare ya Minisiteri y’Ubuzima yo yerekana ko Akarere ka Gatsibo ariko kari imbere mu 2016 gafite abangavu 1157 batewe inda, imibare yazamutse ikagera ku 1274 mu 2017, mu gihe Nyagatare mu 2016 hari abangavu 1140 batewe inda mu 2017 habaruwe 1209.
Kanda Subscribe ujye ubona Video zigezweho 

YouTube player

@Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *