Perezida w’urubyiruko rw’ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi mu Ntara ya Kirundo arashinjwa guhonyora uburenganzira bw’abasifuzi b’imikino y’umupira w’amaguru, aho bamwe muri aba basifuzi basigaye banga gusifura imikino imwe n’imwe batinya uyu mugabo nawe ufite ikipe aba yifuza buri gihe ko igomba gutahana itsinzi uko byagenda kose.
Abel Ahishakiye (uri ku ifoto), ni Perezida w’Imbonerakure zo mu Ntara ya Kirundo, akagira n’ikipe y’umupira w’amaguru yitwa Onze Rapides, ariko akanaba perezida wa Komisiyo ya tekiniki y’ubusifuzi (CTA).
Amakuru aturuka mu Ntara ya Kirundo agera ku rubuga rwa RPA aravuga ko ku cyumweru hari umukino wagombaga guhuza ikipe yo muri Komini Vumbi ndetse n’ikipe ya Onze Rapides ya Abel Ahishakiye, ariko ukaba utarabaye. Impamvu nta yindi n’uko abasifuzi banze guhagarikira uyu mukino.
Amakuru agakomeza avuga ko bamwe mu basifuzi bo muri Kirundo bashinja Ahishakiye guhonyora uburenganzira bwabo bakanamushinja kuvanga politiki n’umupira w’amaguru.
Kuri ubu biravugwa ko uyu muyobozi mu ishyaka riri ku butegetsi, CNDD-FDD, arimo gushaka abandi basifuzi aha akazi mu ntara ye kandi ngo agaha amahirwe menshi abo mu ishyaka rye, ibyo abandi basifuzi bari kwamagana.
Kubera uku kwivanga mu kazi kabo, bamwe mu basifuzi bo bahagaritse umwuga wabo, ingaruka ziba kutaba kw’imikino imwe n’imwe yari iteganyijwe muri iyi Ntara ya Kirundo.


