Kisoro: FARDC yamenyesheje UPDF ko iyifitiye icyizere ko yayifasha kurandura M23

Sangiza iyi nkuru

General Yav Philemon wari mu bahagarariye igisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FARDC, mu nama yabahurije mu karere ka Kisoro n’abahagarariye igisirikare cya Uganda, UPDF, yavuze ko yizeye ko hazabaho ubufatanye bw’impande zombi bwo kurandura umutwe witwaje intwaro wa M23 wubuye ibitero.

Muri iyi nama yabaye kuri uyu wa 30 Werurwe 2022, Gen. Yav woherejwe na Perezida Félix Tshisekedi, yabanje gushimira UPDF yirukanye abarwanyi ba M23 mu mujyi wa Bunagana. Ati: “Mfite ishimwe ryaturutse kuri Perezida wacu no ku Mugaba Mukuru wacu ku bw’igikorwa mwakoze ejo hamwe na FARDC kugira ngo amahoro agaruke. Nanjye nk’umusirikare ndabashimira cyane.”

Uyu musirikare yavuze ko bitewe n’ubufasha UPDF ikomeje kubaha mu kurwanya umutwe w’iterabwoba wa ADF no kuba yabafashije gusubiza inyuma abarwanyi ba M23, FARDC iyifiye icyizere ko izabafasha kurandura uyu mutwe ukorera hafi y’imbibi z’igihugu cyabo na Uganda, ndetse n’u Rwanda.

Gen. Yav yasobanuriye abahagarariye UPDF ko ikindi cyabajyanye i Kisoro ari ugusaba ko habaho ubufatanye mu gukomeza guhiga abarwanyi ba M23 mu birindiro byayo bitandukanye birimo ibya Tshanzu, Runyoni na Tshengerero kari ahitwa Jomba.

Mu mirwano yabaye ku wa 29 Werurwe 2022, UPDF yemeza ko M23 yayishotoye ikayigabaho igitero, yatangaje ko yishemo abarwanyi 14, abandi 7 ibafata mpiri, umusirikare wayo aricwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *