Kisoro: Mwene Nyirahabakwiha yasohowe mu rugo rw’iwabo yicirwa imbere y’ababyeyi be

Sangiza iyi nkuru

Igipolisi mu Karere ka Kisoro kiri mu iperereza ku iyicwa ry’umusore w’imyaka 24 wasohowe mu nzu y’ababyeyi be akicirwa imbere yabo n’abantu batamenyekanye.

Nyakwigendera ni uwitwa Anatoli Musinguzi, umuturage wo mu Mudugudu wa Kigezi, mu Karere ka Kisoro, mu burengerazuba bwa Uganda.

Nk’uko byatangajwe n’umwe mu bo mu muryango we, ngo uwishwe yatashye yiruka amaguru adakora hasi, asunika umuryango yinjira mu nzu, ariko hashize nk’umunota abamwishe baza bamukurikiye nabo basunika umuryango, babwira nyina kutagira icyo avuga.

Nk’uko uyu yakomeje avuga nk’uko kandi tubikesha urubuga rwa Commandonepost, ngo bahise binjira mu cyumba cya nyakwigendera baramusohora bamwicisha imihoro n’ikibuye kinini.

Nyina wa nyakwigendera witwa Nyirahabakwiha Cecilia, avuga ko umuhungu we yari igisambo kizwi, akaba akeka ko yaba yishwe n’abantu yaba yarahemukiye mbere.

Umurambo we wari ufite ibikomere byinshi by’imihoro n’isura yangijwe. Uyu kandi ngo yari aherutse no gufungwa imyaka ibiri azira kwiba ipanu.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *