Kivu y’Amajyepfo: Abarenga 200 bishwe n’imyuzure, abakabakaba 100 baburirwa irengero

Sangiza iyi nkuru

Abantu babarirwa muri 200 bo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bitabye Imana, nyuma y’imyuzure yatewe n’imvura idasanzwe iheruka kwibasira intara ya Kivu y’Amajyepfo.

Ni amakuru yemejwe na Guverineri w’iyi ntara, ThĂ©o Ngwabidje.

Imvura idasanzwe yaguye ku wa Kane tariki ya 04 Gicurasi muri Teritwari ya Kalehe ho muri Kivu y’Amajyepfo, yatumye imigezi yo muri kariya gace irengerwa n’amazi yahise arengeza imidugudu ya Bushushu na Nyamukubi.

Guverineri Ngwabidje ku wa Gatanu yavuze ko ababarirwa mu 176 ari bo bari bamaze kwitaba Imana mu gihe abakabakaba 100 bari baburiwe irengero.

Kasole Martin wo muri Sosiyete Sivile ya Kivu y’Amajyepfo we yatangaje ko imirambo 227 yari yamaze kuboneka.

Uyu yunzemo ko iriya myuzure yanatwaye ibikorwa remezo bitandukanye birimo amashuri ndetse n’amavuriro.

Perezidansi ya Congo Kinshasa yatangaje ko Perezida FĂ©lix Antoine Tshisekedi yihanganisha imiryango yagizweho ingaruka n’iriya mvura idasanzwe.

Congo Kinshasa yaherukaga kwibasirwa n’ibiza byo ku rwego nk’ukuru mu Ukwakira 2014, ubwo imvura idasanzwe yasenyaga inzu 700 ababarirwa mu 130 bakahasiga ubuzima.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *