Amakuru aturuka mu burasirazuba bwa Congo aravuga ko kuri iki Cyumweru, itariki ya 24 Kanama, imirwano yongeye kwaduka hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 n’ingabo za leta (FARDC) mu Mudugudu wa Nummara, muri Sheferi ya Kigogo (Teritwari ya Mwenga), muri Kivu y’Amajyepfo.
Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko icyo gitero cyagabwe n’inyeshyamba zaturutse i Kaziba. Umwe mu bayobozi bo muri ako gace yagize ati: “Iyi mirwano yatangiriye mu Murenge wa Itombwe.”
Ku munsi wo kuwa Gatandatu, ngo imirongo myinshi y’abarwanyi ba Twirwaheho, Gumino, Android, Red Tabara, na AFC / M23 yagaragaye mu gice cy’umudugudu wa Lubumba, muri sheferi yavuzwe haruguru, mbere yo kwerekeza mu ishyamba rihegereye nk’uko bitangazwa n’urubuga rwa Actualite.cd.
Amakuru aturuka muri sosiyete sivile avuga ko: “Inyeshyamba za Wazalendo ziyobowe na Rouma Hongwa ziri ahitwa i Muhuzi, M23 iri ku ruhande rwa Lubumba mu ishyamba rya Matundu.”
Umwe mu bavuga rikijyana wo muri ako gace yongeyeho ati: “Muhuzi, Kalungu, Bibangwa, Rubuga, Masango, Mukungubwe, Gateja, Kabaleke, na Kizuka ni ba Wazalendo bahari.”
Muhuzi ngo ifatwa nk’icyicaro gikuru cy’ihuriro ry’imitwe yitwaje intwaro ikorera muri Teritwari ya Mwenga. Amakuru aturuka muri kariya karere yerekana ko mu cyumweru gishize, ihuriro rya AFC / M23 ryagerageje gutera Muhuzi ariko ntiryagira icyo rigeraho. Ntacyo AFC/M23 yigeze ivuga kuri iyo mirwano.


