Komisiyo y’igihugu ishinzwe uburenganzira bwa muntu mu Burundi CNIDH yanenze ibintu bitari bike biri muri raporo iherutse gutangazwa n’inzobere za Loni.
Iyo raporo yerekeye ibyakozwe mu Burundi kuva muri Mata 2015, ubwo habaga igikorwa cyo kugerageza kuvanaho ubutegetsi bwa Perezida Pierre Nkurunziza.
CNIDH yanamenyesheje kandi ko harimo ibyo ushima ukabona ko icyo cyegeranyo kidakwiye kuba ndahindurwa. Ku bwawo ngo cyaba inzira y’ibiganiro hagati ya leta y’u Burundi na Loni ku bijyanye n’uburenganzira bwa muntu mu Burundi.
Icyo cyegeranyo cy’izo nzobere za Loni gitunga urutoki ku bashinzwe umutekano mu Burundi nkuko bigaragara mu nkuru ya Voa.
Leta y’u Burundi yamaganiye kure icyo cyegeranyo nk’uko yari yamaganye mbere ishyirwaho ry’iryo tsinda.
Muri iyo raporo, izo nzobere zigaragaza ko hari ibikorwa bitandukanye byo guhohotera ikiremwa muntu ngo byoba byarakozwe n’abashinzwe umutekano, bashinjwa kwica abantu benshi, gufata abagore n’abakobwa ku ngufu n’ibindi byaha by’iyicarubozo kandi ngo bigikomeza.
Ngo ibyo bikorwa byabaye nyuma y’aho itsinda ry’abasirikare ufatanije na bamwe mu batavuga rumwe na leta y’u Burundi, ugeragereje guhiriba ubutegetsi mu kwezi kwa kane 2015.
Leta y’u Burundi yabyamaganiye kure ivuga ko bishingiye ku nyungu za politiki ngo kuko abakoze icyo cyegeranyo batigeze banyura mu Burundi ahubwo babajije impunzi basanze mu nkambi ziri hanze.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Leta ivuga kandi ko ibyegeranyo nk’ibyo kimwe n’abagerageje guhirika ubutegetsi, biri mu mugambi muremure wa bimwe mu bihugu by’I Buraya wo guhindura ubutegetsi mu Burundi.
Kanda hano ubone amakuru yihuse kandi ku gihe kuri Facebook no kuri twitter
Ntakirutimana Deus @Bwiza.com


