Korea ya Ruguru yagerageje uburyo bwo gusenya ibipimo bitandukanye irashe igisasu kimwe

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kane, Ibiro Ntaramakuru bya Leta, KCNA, byatangaje ko Koreya ya Ruguru yakoze igerageza rya misile mu rwego rwo gushaka guteza imbere ubushobozi bwayo bwo gusenya ibipimo bitandukanye irashe igisasu kimwe.

Koreya ya Ruguru itangaje ibi nyuma y’umunsi umwe Ingabo za Koreya y’Epfo zitangaje ko icyasaga nka hypersonic missile irashwe n’Amajyaruguru igaturikira mu kirere ku nkombe z’iburasirazuba.

Koreya y’Epfo, Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Buyapani byamaganye icyo gikorwa bavuga ko ari ukurenga ku byemezo by’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Umutekano.

Pyongyang yabivuzeho iki?

Koreya ya Ruguru yavuze ko iri geregeza ryakozwe hakoreshejwe moteri yo mu cyiciro cya mbere, ikoreshwa na lisansi ikomeye ya misile yo mu bwoko bwa misile ziraswa mu ntera ndende kandi yashakaga kugira ubushobozi bwo gusenya ibipimo byinshi icyarimwe.”

Niba byemejwe, bizaba aribwo bwa mbere Koreya ya Ruguru irashe ku mugaragaro misile y’ubu bwoko.

Leta y’abakomunisiti yavuze ko ishaka guteza imbere ikoranabuhanga ryitwa Multiple Independent Targetable Reentry Vehicle (MIRV) ryayifasha gutsinda ubwirinzi bwa misile bwa Amerika na Koreya y’Epfo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *