2025-12-29t001904z-1033476665-rc2xpianytie-rtrmadp-3-northkorea-missiles-1

Koreya ya Ruguru itangiye umwaka ikanga abaturanyi n’ibisasu bya ballistic

Sangiza iyi nkuru

Kuri iki Cyumweru, Koreya ya Ruguru yarashe misile nyinshi za ballistique i yerekeza ku nyanja iri ku nkombe z’iburasirazuba, nk’uko Igisirikare cya Koreya y’Epfo kibitangaza.

Uku kurasa misile kwa Koreya ya Ruguru ni ukwa mbere mu mezi abiri, kandi ni ukwa mbere kuva umwaka mushya utangiye.

Igerageza ry’ibisasu riheruka ryabaye habura amasaha make ngo Perezida wa Koreya y’Epfo, Lee Jae Myung, akorere uruzinduko mu Bushinwa aho yagombaga kwitabira inama.

Abayobozi b’Ingabo za Koreya y’Epfo bavuze ko ibisasu byinshi bya misile zo mu bwoko bwa ballistique zagaragaye ziva mu murwa mukuru wa Koreya ya Ruguru ahagana mu ma saa moya na mirongo itanu (7h50) za mu gitondo.

Izo misile zarashwe zerekeza ku nyanja y’Iburasirazuba, izwi kandi ku izina ry’Inyanja y’u Buyapani nk’uko bitangazwa na Radio y’Abadage, Deutsche Welle.

Seoul yavuze ko misile zagenze ibirometero 900 (560 miles) kandi ko Koreya y’Epfo n’abayobozi ba Amerika bakurikiranira hafi iraswa ryazo.

U Buyapani bwo bwavuze ko ingabo zabwo zabonye misile zo mu bwoko bwa ballistique, Minisitiri w’Ingabo, Shinjiro Koizumi, avuga ko nibura biboneye ibisasu bibiri bya misile byarashwe na Koreya ya Ruguru.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *