Koreya ya Ruguru yashimangiye ko itazareka intwaro zayo za kirimbuzi, isobanura ko icyemezo yafashe kidashobora guhinduka kandi iniyemeza kongera ubushobozi bwayo.
Kuri uyu wa Kane, ibitangazamakuru byatangaje ko Ambasaderi wa Koreya ya Ruguru mu Muryango w’Abibumbye yavuze ko igihugu cye kitagengwa n’amasezerano yo kudakwirakwiza intwaro za kirimbuzi (NPT) ndetse ko igitutu cy’amahanga kitazahindura kuba ari igihugu gitunze intwaro za kirimbuzi.
Pyongyang yavuze ko izava mu masezerano yo guhagarika kongera intwaro za kirimbuzi (NPT) mu 1993 kandi ibikora ku mugaragaro mu 2003.
Kuva icyo gihe imaze gukora igerageza ry’intwaro za kirimbuzi inshuro esheshatu, bituma ifatirwa ibihano mpuzamahanga, kandi bikekwa ko ifite ibisasu byinshi bya kirimbuzi.
Abashyize umukono ku masezerano yo kudakwirakwiza intwaro za kirimbuzi bakoze inama yo gusuzuma icyo byatanze mu Muryango w’Abibumbye.
Aho, “Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ibihugu bimwe na bimwe bikurikiza urugero rwayo, bibaza nta shingiro bifite uko ibintu bimeze ndetse n’ikoreshwa ry’uburenganzira bw’ubusugire” bwa Koreya ya Ruguru, nk’uko byatangajwe na Kim Song, intumwa nkuru ya Pyongyang muri Loni, mu magambo yatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru bya Koreya KCNA.
Yongeyeho ati: “Imiterere ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Koreya nk’igihugu gifite intwaro za kirimbuzi ntizahinduka hashingiwe ku magambo yo hanze cyangwa ku byifuzo bimwe.”
Yakomeje avuga ko kuba igihugu gifite intwaro za kirimbuzi zashyizwe mu itegeko nshinga, binatanga umucyo ku mahame agenga ikoresha ry’izi ntwaro za kirimbuzi.


