Koreya ya Ruguru yagereranyije ijambo rya Trump n’ijwi ry'imbwa irimo kumoka”

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Koreya ya Ruguru, Ri Yong-ho yavuze ko ibyo perezida wa Leta zunze ubumwe z’Amerika, Donald Trump aherutse kuvugira mu nama ya ONU bisa n’imbwa iri kumoka ko nta cyo bivuze.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ni nyuma y’ijambo perezida Trump aherutse kuvugira mu nama ya ONU kuwa Gatatu w’iki cyumweru, aho yavuze ko azasenya burundu Koreya ya Ruguru niramuka idahagaritse ubushotoranyi ikazima burundu.
Perezida Trump yavuze ko ategereje ko Koreya ya Ruguru hari igihugu iteyemo igisasu cyaba Amerika ubwayo cyangwa ikindi ubundi nay o igahita iyikongezaho umuriro.
Ni muri urwo rwego ku nshuro ya mbere Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa koreya ya Ruguru na we yasubije perezida Trump kuri ayo magambo yavugiye mu nama, aho yabigereranyije n’imbwa imoka.
Amakuru Bwiza.com ikesha imbuga zitandukanye agaragaza ko Koreya ya Ruguru yo ikomeje kwinangira amatwi igakora ibisasu byinshi bya kirimbuzi ndetse ikanabigeragereza ahantu bishobora no kuba byagera ku bantu, ibintu ihora ibuzwa n’umuryango w’Abibumbye ariko ikiziba amatwi.
Mu kiganiro Minisitiri wa koreya Ri giranye n’abanyamakuru hafi y’ibiro bikuru bya Onu i New York yagize ati “Hari umugani ugira uti: ‘Naho imbwa zaba ziri kumoka, ntibyabuza defile gukomeza.”
“Niba Trump yibaza ko yadukanga, ni nk’ijwi ry’imbwa imoka, yaba ari kurota.”
Avuga ku bijanye n’umukuru wa leta ya Koreya ya Ruguru, Kim Jong-un, Trump yagize at “ Urya mugabo w’amaroketi afite umugambi wo kwiyahura we n’ubutegetsi bwe.”
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Na ho ku ruhande rwa Koreya ya Ruguru, abajijwe icyo yavuga ku kubona perezida Trump yita Kim ‘umugabo w’amaroketi’, Minisitiri Ri yagize ati “Numva ngiriye impuhwe abo bakorana.”
Amerika na Koreya ya Ruguru bikomeje kwikomana, aho buri gihugu gisa n’igitegereje imbarutso y’ikindi ngo birasane gusa uku kwikomana si ukwa none kuko guhera no mu myaka yashize buri gihugu cyagiye gishinjwa gushimuta indege cyangwa amato y’ikindi na nubu rukaba rukigeretse.
Kanda hano ubone amakuru yihuse kandi ku gihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *