Earth-sun

Ku isi hari ahantu izuba ritajya rirenga ahubwo rikomeza kwaka na nijoro

Sangiza iyi nkuru

Mu gihe isi yose igira amasaha 24 y’umunsi, benshi bamenyereye ko izuba rimara hafi amasaha 12 ryaka, andi masaha ari nijoro. Ariko se, wari uzi ko hari ibice bimwe na bimwe ku isi aho izuba ritajya rirenga mu gihe kirenga iminsi 70?

Dore ibihugu 5 bizwiho kugira izuba ritajya rirenga:

1. Finland

Mu gihe cy’izuba, ibice byinshi bya Finland bimara iminsi 73 izuba ritarenga. Abahatuye bararyama igihe gito mu mpeshyi, ariko bakaruhuka cyane mu gihe cy’ubukonje.

2. Iceland

Iki gihugu cyiza kiri mu birwa binini, kikaba kitagira imibu. Uhereye ku itariki ya 10 Gicurasi kugeza mu kwezi kwa Nyakanga, izuba riba riri hejuru ntirirenge.

3. Antarctica

Mu mpeshyi y’iyo ntara (austral summer), izuba rimara igihe kirekire ritarenga. Hagati ya Nzeri na Werurwe, haba hari urumuri rw’akataraboneka ku manywa na nijoro.

4. Uburusiya (Russia)

Mu mujyi wa St. Petersburg, izuba ntirijya rirenga neza mu gihe kingana n’ukwezi n’igice. Ibi biterwa n’uko uwo mujyi uri ku burebure bwa kure ku butumburuke bw’isi.

5. Greenland

Greenland, iri hagati y’inyanja ya Atlantic n’iya Arctic, nayo igira igihe cy’amezi hafi abiri izuba ritarenga, cyane cyane kuva mu mpera za Gicurasi kugeza muri Nyakanga.

Ibi bituma ubuzima muri ibi bihugu butandukanye cyane n’ibyo abantu benshi bamenyereye, bigatuma n’abahatuye cyangwa abahasura bahindura uko bamenyereye kubaho.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *