eokfpwsxuaqobtt.jpg

Ku mutoza wa A.S Kigali, KCCA FC ikwiye gusubiza amerwe mu isaho

Sangiza iyi nkuru

Umutoza wa A.S Kigali y’umurwa mukuru w’u Rwanda, Eric Nshimiyimana yasezeranyije KCCA FC y’i Kampala ko nta nota na rimwe atakariza ku mukino w’irushanwa rya CAF Confederations Cup uzahuza amakipe yombi.

Nk’uko tubikesha The Independent, uyu mutoza yabitangarije mu kiganiro yagiranye na Uganda Radio Network ku murongo wa telefone, avuga ko yiteguye kuwuvanamo amanota atatu yose. Ati: “Ndabizi ko KCCA FC ikomeye, ariko twagerageje kureba videwo z’imikino yayo, tumenya uburyo tugomba gukina.”

Ni amagambo Eric Nshimiyimana atangaje nyuma y’uko bamwe mu basesenguzi bamaze iminsi bagaragaza ko KCCA FC ifite amahirwe yo gutsinda uyu mukino uyihuza n’ikipe y’i Kigali, bitewe n’amateka yanditse y kwikubira ibikombe muri Uganda, no kuba A.S Kigali mu mwaka ushize yarasezerewe n’ikipe ya Proline FC y’intege nke ugereranyije na KCCA.

Gusa ariko ku rundi ruhande, aya mahirwe ngo ashobora kuzamo kidobya, bitewe n’uko hari abakinnyi b’iyi kipe y’umurwa wa Kampala basigaye muri Uganda nyuma yo kugaragaraho icyorezo cya Covid-19, bikaba byaragize ingaruka ku myitwarire yayo mu mikino ibiri iheruka ya shampiyona.

Muri iyi mikino iheruka irimo uwayihuje na Villa FC tariki ya 15 Ukuboza 2020, KCCA yatsinzwe ibitego 2-1, naho uwayihuje na Uganda Revenue Authority (URA) tariki ya 18 Ukuboza 2020, na bwo yatsinzwe ibitego 2-1.

Umutoza wungirije wa KCCA FC, Morley Byekwaso yagaragaje ko ibi bitazahungabanya imikinire yabo i Kigali. Yagize ati: “Twiteguye cyane guserukira ikipe yacu n’igihugu” mu kugaragaza ko nta kindi cyabazanye kitari ugutsinda.

Uyu mukino uzahuza A.S Kigali yakomereje muri CAF Confederations Cup na KCCA FC yasezerewe muri CAF Champions League uzabera kuri Sitade ya Kigali/Nyamirambo ejo tariki ya 22 Ukuboza 2020.

eokfpwsxuaqobtt.jpg A.S Kigali igeze aha yarabanje gusezerera Orapa United yo muri Botswana

epvrl03wmam_lg5.jpg KCCA FC yaje muri Confederations Cup itsinzwe na Paradou Athletic Club yo muri Algeria

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *