Kuri uyu wa Gatandatu, Ama-G the Black arishimana n’abakunzi be muri Café Resto-Nectar

Sangiza iyi nkuru

Ku wa Gatandatu tariki ya 28 Mutarama 2017, umuhanzi Ama G the Black azataramira abakunzi be, mu gitaramo cyiswe icy’imbaturamugabo mu mujyi wa Kigali.
Mu kiganiro Bwiza.com yagiranye n’umuyobozi wa Café Resto Nectar aho iki gitaramo kizabera, yagize ati: “twe dutumira umuhanzi bitewe n’uko abafana be baba babidusabye, ibitaramo dutegura muri Nectar nta saha birangiriraho, ushaka gukesha bumukeraho,…”.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Nk’uko uyu muyobozi nawe ubwe abyivugira, iki gitaramo kizatangira saa kumi n’ebyiri z’umugoroba (18h:00) kugeza mu rukerera.
Ama G azaba ari kumwe n’abandi bahanzi bazaba baririmba injyana ya gakondo by’umwihariko umuhanzi Mavenge Sudi akazaba akirigita gitari aririmba indirimbo ze zo hambere zirimo Gakoni k’abakobwa, simbi,…
Ama G The Black azwi cyane ku ndirimbo nka Uruhinja, Ikiryabarezi, Ubuzima bwanjye, Twarayarangije,…
AMAFOTO:

Nectar1
Ibyo kunywa muri Nectar, nta we utaka icyaka yahigereye, ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye birahari

shisha
Ababasha no gutumura kuri shisha ikaze muri Nectar

Cafe Resto Nectar, iherereye mu mujyi wa Kigali, hafi y’agakinjiro imbere y’inyubako (etage) akarere ka Nyarugenge kahoze gakoreramo, hafi na feu-Rouge; hafi na Banki y’Abaturage. Ku bindi bisobanuro wamahagara kuri 0788467619/ 0788419221
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
@Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *