Umuyobozi w'akarere ka Nyaruguru Habitegeko François

Kwibohora26: Ishusho y’akarere ka Nyaruguru kari gukoza imitwe y’intoki ku muhanda wa kaburimbo- AMAFOTO

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi w’akarere ka Nyaruguru Habitegeko François, avuga ko ku nshuro ya 26 hizihizwa umunsi wo kwibohora, hari byinshi nk’akarere bishimira bamaze kugeraho.

Uyu muyobozi yabwiye abanyamakuru ko hari kaburimbo bemerewe na perezida wa Repubulika yatangiye kubwakwa , ibitaro bya Munini byubatswe bifuza ko byaba ibitaro byatanga serivisi kundwara zidasanzwe.
‘Numva muri iki gihugu nta hantu hari ibitaro bizobereye mu kuvura umutima, ibyo bintu byafasha”

Umuyobozi w'akarere ka Nyaruguru Habitegeko François
Umuyobozi w’akarere ka Nyaruguru Habitegeko François

Umuyobozi w’akarere ka Nyaruguru Habitegeko François, akomeza avugako bishimira ko bibohoye inzara, nta muturage wa nyaruguru wicwa n’inzara cyangwa ngo asuhuke

Ibitaro bya Munini nk’igikorwa kindashyikirwa bafite mu myaka 26 u Rwanda rumaze rwibohoye

Dr Muvunyi Bienvenue
Dr Muvunyi Bienvenue

Ku Munini hasanzwe ibitaro ariko abaturage bifuje ko byavugururwa bagahabwa ibiri ku rwego rwo hejuru, umukuru w’Igihugu abibemerera mu 2015.

Umuyobozi wibitaro bya munini Dr Muvunyi Bienvenue , avuga ko ibitaro bishyashya birikubakwa bizakemura ikibazo cyubucucike , kandi byongere na serivise nziza batanga. Bifuza ko byaba ibitaro byumwihariko ku ndwara zitandura, kwikubitiro icyiciro cyambere ni cyuzura bizaba bifite ubushobozi bwo kwakira abantu bagera 150.

Ubusanzwe mu karere ka Nyaruguru serivisi z’ubuvuzi zari zigoye kuko umuturage yavaga Ruheru akajya kwivuza Kabutare cyangwa ku bitaro bya CHUB , bikaba byari imvune ikomeye, uyu munsi kuba bafite ibitaro bya munini bifasha abarwayi bikabarinda gukora ingendo ndende .

Ibitaro bya munini birikubakwa
Ibitaro bya munini birikubakwa

Ibitaro bya munini birikubakwa biri hafi yo kuzura
Ibitaro bya munini birikubakwa biri hafi yo kuzura

Isoko rigezweho rya Kibeho muri Nyaruguru
Isoko rigezweho rya Kibeho muri Nyaruguru

Umuhanda wahozemo ivumbi uri gukorwa
Umuhanda wahozemo ivumbi uri gukorwa

Imidugudu yubakiwe abatishoboye

ddd.jpg
qe2.jpg
sas-2.jpg

Ubuhinzi bw’icyayi

abahinzi_bakanguriwe_kwirinda_covid-19.jpg
ubuhinzi_bw_icyayi_mumurenge_wa_mata.jpg
abahinzi_bibutsa_gusigami_intera_hagati_yabo.jpg

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Kwibohora26: Ishusho y’akarere ka Nyaruguru kari gukoza imitwe y’intoki ku muhanda wa kaburimbo- AMAFOTO
    Uretse abantu ntazi icyo bakorera bagenda bavangira Perezida wacu, ariko uwareba wese yabona ko igihugu cyacu kiri kugana aheza. Gusa Nyakubahwa, abantu bahemukira u Rwanda ntukabihanganire uhereye kuri abo mwegeranye bamira bunguri ibyagateje imbere u Rwanda. Kumva ngo Umuntu yafunze ikigo cyakoraga imiti ku nyungu ze bikarangirira aho? Oya ntibikabe iwacu i Rwanda!!

  2. Kwibohora26: Ishusho y’akarere ka Nyaruguru kari gukoza imitwe y’intoki ku muhanda wa kaburimbo- AMAFOTO
    Uretse abantu ntazi icyo bakorera bagenda bavangira Perezida wacu, ariko uwareba wese yabona ko igihugu cyacu kiri kugana aheza. Gusa Nyakubahwa, abantu bahemukira u Rwanda ntukabihanganire uhereye kuri abo mwegeranye bamira bunguri ibyagateje imbere u Rwanda. Kumva ngo Umuntu yafunze ikigo cyakoraga imiti ku nyungu ze bikarangirira aho? Oya ntibikabe iwacu i Rwanda!!

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *