vroom.png

Kwibuka 27: Ambasaderi wa USA akomeje kotswa igitutu bitewe n’imvugo akoresha

Sangiza iyi nkuru

Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) mu Rwanda, Peter Vrooman akomeje kotswa igitutu na bamwe bakoresha urubuga rwa Twitter, kubera imvugo akoresha muri iki cyumweru cy’icyunamo.

Ambasaderi Vrooman yatangiye gukoresha iyi mvugo tariki ya 7 Mata 2021 ubwo u Rwanda rwatangiraga icyumweru cyo kunamira abazize jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994 n’iminsi 100 yo kubibuka, yibuka abakoraga kuri Ambasade ya USA bishwe muri icyo gihe.

Tariki ya 7 Mata, Ambasaderi Vrooman yibutse Marc Bizimungu wari umusudizi w’ibyuma akaba n’umushoferi kuri iyi Ambasade. Ku rubuga rwa Twitter yagize ati: “Turibuka Marc Bizimungu, wakoraga kuri Ambasade ya US i Kigali nk’umusudizi w’ibyuma n’umushoferi kuva mu 1985 kugeza mu 1994.”

Yakomeje ati: “Marc yishwe kubera ko yari Umututsi muri Jenoside, hamwe n’umugore we Devote Mukamana ariko abana babo babiri bararokotse. #Kwibuka27.”

Ku munsi wakurikiyeho, uyu mudipolomate yibutse Edmond Bizumuremyi, ukurikiyeho yibuka Pierre Gatera kugeza kuri uyu wa 12 Mata 2021 yibuka André Karani; bose bakoraga kuri iyi Ambasade.

Icyumweru kirashize Ambasaderi yotswa igitutu

Kuva tariki ya 7 kugeza ku ya 12 Mata uyu mudipolomate yibuka abakoze kuri Ambasade ya USA, akomeje kotswa igitutu na bamwe bakoresha Twitter azira gukoresha interuro “…yishwe kubera ko yari Umututsi”, bakaba babifata nko kwirengagiza inyito nyayo ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’ yemejwe n’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye (UN).

Mu bakomeje kotsa igitutu Ambasaderi Vrooman harimo umusesenguzi mu bya politiki, Dr Lonzen Rugira. Uyu tariki ya 7 Mata yasubije uyu mudipolomate ko amagambo yakoresheje mu butumwa bwo kwibuka Marc Bizimungu ari “uburyo bushya bwo kwirinda gukoresha inyito nyayo”.

Umuryango HURI (Human Rights and Justice Foundation) na wo kuri uwo munsi wabwiye uyu mudipolomate ko imvugo ye ikomeretsa abarokotse jenoside yakorewe Abatutsi. Wagize uti: “Twebwe abarokotse dukomeretswa n’iyi mvugo. Ni Jenoside yakorewe Abatutsi. Izi nyito zo guhakana jenoside no kwirinda kuyita uko imaze igihe mu bitangazamakuru byo mu Burengerazuba ariko umunsi umwe ukuri kuzatsinda.”
vroom.png

N’ubwo abotsa uyu mudipolomate igitutu kubera ko yakoresheje iyi mvugo biyongera, yakomeje kuyikoresha ku munsi wakurikiyeho, yibuka Bizumuremyi kugeza kuri uyu wa 12 Mata. Ni nako kandi bakomeza kumusaba gukoresha inyito ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’ aho kuvuga ngo “yishwe kubera yari Umututsi”, mu gihe yaba atabikora akicecekera.

Nk’uwitwa Gael Armel kuri uyu wa 12 Mata, yabwiye Ambasaderi Vrooman ati: “Ambasaderi, niba utayita uko iri ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, rekera gutangaza izo ‘tweet’ z’uburyarya.”

Hari ababyumva mu bundi buryo

N’ubwo hari uruhande rw’abotsa igitutu uyu mudipolomate, hari abandi bavuga ko atavuguruza ibyo politiki y’igihugu cye (Leta Zunze Ubumwe za Amerika) yemera kuva mu mwaka w’1994 ubwo jenoside yakorwaga.

Batanga urugero rw’uko nta gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika zirakoresha inyito nyayo yemejwe n’Inteko Rusange ya UN ya ‘jenoside yakorewe Abatutsi’, ko ahubwo yo ubusanzwe ikoresha ijambo ‘jenoside’.

Uwitwa Edwin Mukiza avuga ko uyu mudipolomate abaye agiye kure y’ibyo USA yemera, byaba bisa n’ubugambanyi. Ati: “Numva ko byaba bihabanye na politiki ya Leta kuba umuyobozi wa Amerika yabivuga uko biri…Byaba biganisha ku bugambanyi.”

Uwitwa Africa Kim na we abyumva kimwe na Mukiza, aho ahamya ko Ambasaderi Vrooman atavuga ibihabanye n’ibyo ba ‘Bosi’ be bavuga. Ati: “Ndumva ko Ambasaderi Vrooman atavuga ibitandukanye n’ibyo ba ‘Bosi’ be bavuga ariko byibuze kuba yavuze ko Marc [Bizimungu] yapfuye kubera ko yari Umututsi, biratanga icyizere.”

Kim yashimiye Ambasaderi kuba yagize umutima wo kwifatanya n’Abanyarwanda mu cyunamo.

Perezida Kagame yavuze ko hari ibihugu byanga gukoresha inyito nyayo

Ubwo yatangizaga icyumweru cy’icyunamo tariki ya 7 Mata 2021, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yavuze ko hari ibihugu bibiri bikomeje kwanga gukoresha inyito ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’ bigahitamo gukoresha ‘jenoside’.

Umukuru w’Igihugu ntiyigeze avuga ibi bihugu ariko abasesenguzi barimo Dr Lonzen Rugira bashimangira ko ari USA n’u Bwongereza, aho we avuga ko “n’umwana muto yabimenya”.

Perezida Kagame kuri uwo munsi yagize ati: “Na n’ubu n’ubwo Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye yemeje ko habaye Jenoside yakorewe Abatutsi, hari ibihugu, kimwe cyangwa bibiri, bikomeje kwanga gukoresha iyo nyito. Nk’uko hari n’abari baranze kwemera ko jenoside yabaye mu 1994, bakabyemera byaratinze.”
paul_kagame.jpg

Yakomeje ati: “Usanga bagaruka ku ijambo [jenoside] ubwaryo. Abantu bamwe barigizeho ikibazo kuko kurikoresha byari kubashyiraho umutwaro wo kugira icyo bakora, bakabihagarika. Bageragezaga rero kwirinda uwo mutwaro uremereye wo kubihagarika babinyujije mu kwanga kwemera ko ari Jenoside. Biratangaje ukuntu amateka yisubiramo. Ni nk’aho dusubira mu mpaka zariho mu 1994. Twasubiye mu kwibaza ku magambo n’inyito n’ibindi byinshi.”

Na none ati: “Ni nk’aho kuyikoresha byaba ari igihembo Abanyarwanda bahawe kuko bitwaye neza. Ntabwo ibi twabyemera. Ntabwo iterabwoba ryadukura ku mahame twemera.”

Abadashobora gukoresha inyito ikwiye babujijwe kwifatanya n’u Rwanda muri ibi bihe

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, tariki ya 7 Mata 2021 yashimiye abakomeje kwifatanya n’u Rwanda mu kwibuka abazize jenoside yakorewe Abatutsi, ariko asaba abadashobora gukoresha inyito yemejwe n’Inteko Rusange ya UN ko bakwicecekera.
biruta.jpg
Minisitiri Biruta yagize ati: “Ndashimira abafatanyabikorwa bacu n’inshuti bakomeje gutanga ubutumwa bwo kwifatanya natwe mu gihe twibuka jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 27.”

Yakomeje ati: “Naho abo biri kugora kuvuga Jenoside yakorewe Abatutsi, ni byiza ko batakohereza ubutumwa bwabo uyu munsi. Nta kibazo tuza kugira nk’uko bisanzwe.”

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Kwibuka 27: Ambasaderi wa USA akomeje kotswa igitutu bitewe n’imvugo akoresha
    Ntawe utobabazwa nivyabaye mu Rwanda kandi akifuza ko bitokongera kubaho.Ariko kandi ntanuwokwirengagiza ko inyito mwahaye ‘Jenoaide’ ntaco ifasha mukwiyubaka no mugushira abanyarwanda hamwe.Ubwavyo inyito nayo Assembly ya UN yayemeje yo ubwayo kwari ukugira yikureko igitutu ca Leta yari ihari biyifashe no kutibasirwa kuburwari UN yagize muri kirya gihe.Muyandi magambo ni diploamcy yakoreshejwe kumpande zose gusumba ukuri kuvyabaye.Simpakana ariko ukwicwa kw’abatutsi ariko kandi sibo bonyene bapfuye.Jewe mbona abanyarwanda ubwanyu mwari mukwiye kujana n’ukuri kwivyabaye abapfuye bose bakibukwa.Nayo ivyo kurwanira kunyito ubwayo ntaco bizobafasha.

  2. Kwibuka 27: Ambasaderi wa USA akomeje kotswa igitutu bitewe n’imvugo akoresha
    Ntawe utobabazwa nivyabaye mu Rwanda kandi akifuza ko bitokongera kubaho.Ariko kandi ntanuwokwirengagiza ko inyito mwahaye ‘Jenoaide’ ntaco ifasha mukwiyubaka no mugushira abanyarwanda hamwe.Ubwavyo inyito nayo Assembly ya UN yayemeje yo ubwayo kwari ukugira yikureko igitutu ca Leta yari ihari biyifashe no kutibasirwa kuburwari UN yagize muri kirya gihe.Muyandi magambo ni diploamcy yakoreshejwe kumpande zose gusumba ukuri kuvyabaye.Simpakana ariko ukwicwa kw’abatutsi ariko kandi sibo bonyene bapfuye.Jewe mbona abanyarwanda ubwanyu mwari mukwiye kujana n’ukuri kwivyabaye abapfuye bose bakibukwa.Nayo ivyo kurwanira kunyito ubwayo ntaco bizobafasha.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *