fb_img_17211307157014399.jpg

Kylian Mbappé yerekanwe i Madrid – Amafoto

Sangiza iyi nkuru

Umukinnyi ukina asatira Kylian Mbappé ukomoka mu gihugu cy’u Bufaransa yerekanwe muri Real Madrid yo muri Espagne aherutse gusinyira.

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 16 Nyakanga 2024 muri sitade ya Real Madrid byari ibirori ubwo berekanaga Kylian Mbappé nk’umukinyi mushya baherutse kugura.

Abafana b’iyi kipe y’ubukombe bari babukereye baje guha ikaze uyu rutahizamu baherutse kwibikaho mu isoko ryo muri iyi mpeshyi.

Mbappé waje muri Madrid aturutse muri Paris Saint Germain yavuze ko zari inzozi ze ko umunsi umwe yazakinira ikipe ya Real Madrid.

Yagize ati: “Naryamye imyaka myinshi mfite inzozi zo gukinira Real Madrid. Nishimiye cyane kuba ndi mu ikipe y’inzozi zanjye ndetse n’ikipe ikomeye mu mateka y’umupira w’amaguru.”

Perezida wa Real Madrid, Florentino Perez yibukije Mbappé ko urukundo yakunze Real Madrid ari rwo rwatumye akora cyane kugira ngo ayigeremo, yagize ati:” Urwo rukundo rwawe rwaguhaye imbaraga zikenewe zo guca inzitizi zose zakuzitiraga mu kibuga. ”

Umuhango wo kwerekana uyu musore wari wanitabiriwe na mwene wabo w’umufaransa Zinedine Zidane wubatse amateka akomeye muri iyi kipe yo gutwara ibikombe 3 bya Champions League yikurikiranya.
fb_img_17211307157014399.jpgfb_img_17211317542348505.jpgfb_img_17211317936215319.jpgfb_img_17211303992189970.jpgfb_img_17211318294652179.jpgfb_img_17211303960337048.jpgfb_img_17211303908610532.jpgfb_img_17211318210354978.jpgfb_img_17211318081254813.jpgfb_img_17211307111130669.jpgfb_img_17211318350513576.jpgfb_img_17211306998101817.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *