Leta y'u Burundi irashinja Loni guhora igambiriye kuyipyinagaza

Sangiza iyi nkuru

Leta y’u Burundi irashinja ibihugu by’amahanga birimo n’umuryango w’Abibumbye ko bikunze gufata ingingo zipyinagaza ibikorwa nayo. Ibi ngo bikorwa hagamijwe kurwanya Leta iriho iyobowe na Perezida Nkurunziza n’ishyaka CNDD-FDD.

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 16 Kanama 2019, cyabereye i Gitega, hagarukwa cyane ku ugutegura amatora ateganywa kuba mu 2020.

Icyegera cy’umuvugizi w’umukuru w’igihugu, Alain Diomede Nzeyimana, yavuze ko amahanga yirengagiza ibyagiye bikorwa na Leta zabayeho kuva u Burundi bwabona ubwigenge ahubwo akibasira Leta iriho.

Yavuze ko ibi bihugu cyane cyane u Bubiligi, ko byakunze gushyigikira abashaka guhungabana umutekano w’igihugu.

Abatavuga rumwe na Leta bashinja Perezida Nkurunziza gukurura amacakubiri ashingiye kuri politiki mu mwaka wa 2015, ubwo yiyamamazaga kuri manda ya gatatu.

Nzeyimana avuga ko kuva u Burundi bwabona ubwigenge mu 1962 kugera mu 2005 ubwo CNDD-FDD yafataga ubutegetsi, Loni yafashe ingingo imwe rukumbi.

Agereranya Loni nk’uruho rudaha amazi mu bibazo by’u Burundi byabayeho kuva mu myaka ya 1960 kugera mu 1993, ubwo habaga kudeta igihugu kikinjira no mu ntambara yamaze imyaka isaga 10.

Nk’uko BBC ibitangaza, uyu muvugizi yavuze ko kuva aho CNDD-FDD ifatiye ubutegetsi mu 2005, Loni imaze gufatira u Burundi ibyemezo inshuro zirenga 10.

Nzeyimana yanenze ibyasabwe na Loni ko Leta y’u Burundi yashyikirana n’abashatse guhirika ubutegetsi n’abandi bayirwanya kugira ngo ibibazo byavutse mu 2015, bishakirwe umuti.

Yagize ati “Icyo Loni yibagiwe ni uko abenshi mu banyapolitiki bahamagara ngo baze kuganira bari basanzwe bashakishwa n’ubutabera kugira ngo babazwe ku byo bashinjwa mu Burundi. Mujye mwumva rero ko aho gukebura abantu barimo bica abantu mu gihugu, baza bavuga ngo ni Leta irimo ikora amabi”.

Yakomeje avuga ko Loni igambiriye bupyinagaza Demokarasi y’u Burundi ndetse ko bitayishimishije nyuma y’impinduka zabaye mu gihugu kuva mu 2005.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *