Leta ya Nkurunziza iravuguruza Loni ivuga ko mu Burundi hashobora kuba jenoside

Sangiza iyi nkuru

Mu izina rya Leta y’ u Burundi. Minisitiri ufite mu nshingano ze uburenganzira bwa muntu, Martin Nivyabandi yavuguruje raporo ya Loni iherutse kwemeza ko muri iki gihugu harimo gutegurwa jenoside.
buru
Nivyabandi yashimangiye iyi ntero mu nama yagiranye n’ itangazamakuru kuri uyu wa 17 Kanama 2016 ubwo ibitangazamakuru bitandukanye byatangazaga ko hari ibimenyetso bigaragaza ko mu Burundi hashobora kuba jenoside nk’ uko raporo za Loni zagiye zibivuga zikanasaba Leta gutanga ibisobanuro ku iyicarubozo ryakorewe abantu bagera kuri 600 ndetse n’ ibyobo rusange 9 bivugwa kujugunywamo inzirakarengane.
Muri iyi nama , Nivyabandi yanzuye ko ibi bivugwa(…)
ari ibihuha ngo kuko politiki y’ u Burundi itubakiye ku bwoko ahubwo inyurabwenge y’ ubumwe no kwiyubaka niyo yahawe intebe nk’ uko tubikesha RNA.
N’ ubwo bimeze bityo, Minisitiri Nivyabandi yemera ko uburenganzira bwa muntu buhohoterwa mu Burundi kimwe no mu bindi bihugu byo ku isi ngo ariko ati:” Abavuga ko hari ubwoko runaka bukorerwa ihohoterwa yaba yirengagiza ukuri turimo kuko sosiyete yacu iravanze hari Abahutu n’ Abatutsi barwanya Leta abo rero bafatwa kimwe”.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ku musozo w’ iki kiganiro , Nivyabandi yatangaje ko urwego ayobora rufite n’ inshingano zo gukumira jenoside n’ ingengabitekerezo yayo yabuze ikimenyetso na kimwe kigaragaza ko hashobora kubaho jenoside mu Burundi.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Zamubandi Saido/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *