Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard yatangaje ko guhera mu kwezi kwa Kanama 2022, abarimu bo mu mashuri abanza bazongererwa umushahara ku kigero cya 88%. Na ho abafite impamyabumenyi za A1 na A0 bazongererwa 40%.
Ibi Dr Ngirente yabitangaje ubwo yagezaga ku nteko Ishinga Amategeko (imitwe yombi), ibikorwa bya Guverinoma bijyanye n’ibimaze kugerwaho mu rwego rw’uburezi bw’ibanze (amashuri abanza n’ayisumbuye) muri gahunda ya NSTI. Abarimu ni bamwe mu bakozi ba Leta bakunze kuvuga ko bahembwa umushahara muke, ingingo bavuga ko igira ingaruka mbi ku ireme ry’uburezi. Leta yakunze kuvuga ko iki kibazo ikizi kandi ko izagishakira umuti.



4 Responses
Leta yazamuye umushahara w’abarimu kuri 88% na 40%
Ni byiza Kandi birakwiriye gusa leta ire be n’abakora amanwa n’ijoro kuko nabo harimo ubusumbane buteye ubwoba.gukora 20 uri umu contractual birababaje cyane
Leta yazamuye umushahara w’abarimu kuri 88% na 40%
Ni byiza Kandi birakwiriye gusa leta ire be n’abakora amanwa n’ijoro kuko nabo harimo ubusumbane buteye ubwoba.gukora 20 uri umu contractual birababaje cyane
Leta yazamuye umushahara w’abarimu kuri 88% na 40%
Abantu bakora amanwa nijoro nabo batekerezweho.ndavuga abaganga
Ubusumbane burimo buteye inkeke.
Leta yazamuye umushahara w’abarimu kuri 88% na 40%
Abantu bakora amanwa nijoro nabo batekerezweho.ndavuga abaganga
Ubusumbane burimo buteye inkeke.