Libya: Ingabo za Gen. Haftar zakozanyijeho n’inyeshyamba zivuganye Idriss Deby

Sangiza iyi nkuru

Ingabo z’Abanyalibiya ziyobowe na Gen. Khalifa Haftar kuri uyu wa Kabiri zakozanyijeho n’inyeshyamba zirwanya ubutegetsi bwa Tchad zahitanye Perezida Idriss Deby nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru byegereye Haftar nka al-Hadath.

Ingabo zo mu mutwe udasanzwe wa Tarek ben Ziyad, umwe mu mitwe ikomeye y’ingabo za Gen. Haftar bivugwa ko wakoze operation ku bacanshuro n’inyeshyamba z’Abanya-Tchad zikorera ku butaka bwa Libya.

Bivugwa ko ingabo za Gen. Haftar zagabye ibitero ku birindiro by’izi nyeshyamba biherereye ku mupaka w’amajyepfo.

Imitwe y’inyeshyamba itandukanye zikomoka muri Tchad zifite ibirindiro muri Libya, Sudani no mu bice byegereye imipaka iri hagati y’ibyo bihugu, harimo n’ukomeye kurusha iyindi wa FACT (Front pour l’Alternance et la Concorde au Tchad ).

Iyi nkuru dukesha Al Araby yibutsa ko uwahoze ari Perezida wa Tchad, Idriss Deby Itno, yishwe muri Mata 2021 aguye mu mirwano yahuzaga Ingabo za Tchad n’inyeshyamba z’uyu mutwe wa FACT.

Mu itangazo yashyize ahagaragara, FACT yemeje ko bimwe mu birindiro byayo byatewe n’umutwe uzwi nka Tarek ben Ziyad, ushyigikiwe n’abarwanyi b’Abanyasudani bari kumwe na bamwe mu basirikare b’u Bufaransa bo muri Operation Barkhane.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *