Lionel Messi aravugwaho ubwirasi no kudakunda abakinnyi bo mu yandi makipe

Sangiza iyi nkuru

Icyamamare muri ruhago, Lionel Messi si wa mukinnyi ukunda guherekanya imyambaro n’abandi bakinnyi baba bahanganye ku kibuga. Igikorwa gikunze gukorwa n’abakinnyi iyo barangije umukino. Uko kudakunda iki gikorwa ni ikintu cyamuranze kuva cyera ataranaba icyamamare. Ibi abandi bakinnyi ntibibanezeza babifata nk’ubwirasi no kutagira urukundo.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Mu kiganiro na televisiyo TVCSports, Messi avuga ko yicuza kuba yarigeze kubisaba rimwe gusa Zinedine Zidane ubwo bari bamaze gukinira i Santiago Bernabeau mu Ugushyino 2005. Umukino Real Madrid yatsinzwemo ibitego 3-0 ku ruhare runini rw’umukinnyi Ronaldinho.
lionel-messi
Agira ati, ‘’Si ndi wa muntu uhererakanya umwambaro, ariko rimwe nabisabye Zidane ubundi Gago (wahoze ari umukinnyi wa Real) nawe rimwe gusa, nta bundi. Iyo abakinnyi ba Argentine bawunsabye, ndawubaha nta bandi mbikorera. Singira umuco wo gusaba.’’.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Gentille Kamikazi/bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *