img_20210810_164835.jpg

Lionel Messi yakiriwe nka Mesiya i Paris (Amafoto)

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Paris Saint-Germain yo mu gihugu cy’u Bufaransa, yatangaje Umunya-Argentine Lionel Messi nk’umukinnyi wayo mushya, nyuma yo gutandukana na FC Barcelona yazamukiyemo.

Paris Saint-Germain yemeje Messi nk’umukinnyi wayo mushya ibinyujije muri videwo yashyize ku mbuga nkoranyambaga zayo.

Byari nyuma y’uko uyu mukinnyi ufatwa nk’uwa mbere ku Isi yari amaze kugera ku kibuga cy’indege cy’i Paris.

Messi yageze i Paris mu Bufaransa yambaye umupira w’umweru uriho amagambo agira ati “Ici c’est Paris”.

Amashusho yafashwe n’ikinyamakuru l’Equipe yerekana uyu mukinnyi apepera ibihumbi by’abafana ba Paris Saint-Germain bari baje kumwakira ku kibuga cy’indege, baririmba cyane izi rye mu rwego rwo kumuha ikaze.

Abakinnyi batandukanye ba PSG na bo bahise batangira guha ikaze uyu mukinnyi, babimburiwe na Neymar wamuhaye ikaze abinyujije ku rubuga rwe rwa Instagram.

Neymar yishimiye kuba agiye kongera gukinana na Messi nyuma yo gutandukana muri 2017 ubwo bombi bakiniraga FC Barcelona.

Messi yumvikanye na PSG amasezerano y’imyaka ibiri ashobora kongerwaho umwe, n’umushahara wa miliyoni 35 z’ama-Euro ku mwaka.

Uyu munya-Argentine yinjiye muri iyi kipe asangamo abandi bakinnyi bashya yasinyishije, barimo Georginio Wijinaldum, Sergio Ramos, Achraf Hakimi na Giannluigi Donnaruma.

img_20210810_163659.jpg

img_20210810_141728.jpg

img_20210810_164829.jpg

img_20210810_164832.jpg

img_20210810_164835.jpg

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *