2244057663_1762039406006_hpMain

London: Abantu 10 batewe ibyuma muri gari ya moshi

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatandatu nimugoroba, abategetsi b’u Bwongereza batangaje ko abantu 10 batewe icyuma bari muri gari ya moshi yerekezaga i Londres, icyenda barakomereka bikabije, mu cyo minisitiri w’intebe yise “ibintu biteye ubwoba.”

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Igipolisi gishinzwe umutekano w’Ubwikorezi mu Bwongereza havuzwe ko abantu babiri batawe muri yombi kandi ko Polisi ishinzwe kurwanya iterabwoba mu Bwongereza iri gufasha mu iperereza kugira ngo hamenyekane “uko byagenze n’impamvu zateye iki gikorwa cy’ubugizi bwa nabi.”

Abayobozi hamwe na Polisi ishinzwe umutekano w’Ubwikorezi mu Bwongereza bavuze ko bakiriye telefone ko abantu batewe icyuma muri gari ya moshi yavaga i Doncaster yerekeza kuri sitasiyo ya King’s Cross ya London saa moya n’iminota 42 nk’uko tubikesha ABC News.

Polisi ivuga ko abapolisi bitwaje imbunda binjiye muri gari ya moshi kuri sitasiyo ya Huntingdon, nko mu bilometero 70 mu majyaruguru ya Londres, maze bata muri yombi abantu babiri.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *