Inzobere z’umuryango w’Abibumbye zitangaza ko Porogaramu za Nikleyeli na Misile bya Koreya ya Ruguru bikiri uko byari kandi ko iki gihugu gikomeje gukoresha ibibuga by’indege ari nako itegura intwaro kugira ngo itazatungurwa ikaba yagabwaho ibitero na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Muri raporo basohoye ku wa Kabiri tariki ya 2 Gashyantare 2019, bavuga ko ibihano Koreya ya Ruguru yafatiwe ntacyo byamaze ngo kuko iki gihugu kikibona ibikomoka kuri peteroli, bakabona cyaraciye ukubiri n’ibihano cyafatiwe.
Iyi raporo yashyikirijwe akanama ka Loni gashinzwe amahoro n’umutekano mu gihe Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yitegura kongera guhura na Perezida Kim Jong-un wa Koreya ya Ruguru.
Amerika itangaza ko yizeye kuzagira icyo igeraho mu gusenya ibitwaro bya Nikleyeli bya Leta ya Pyongyang (Koreya ya Ruguru).
Nk’uko VOA ibitangaza, ngo muri iyi Raporo, izi nzobere zitangaza ko Koreya ya Ruguru ikomeje kohereza intwaro nto muri Siriya, ku barwanyi b’aba Houti, muri Yemeni, Libya ndetse no muri Sudan.
Ni kenshi Leta ya Koreya ya Ruguru yagiye yumvikana mu bitangazamakuru ivuga ko idateze kuzahagarika umugambi wayo wo gukora ibisasu bya kirimbuzi kubera icyo yise agasuzuguro ka Amerika.


